00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Filime nyarwanda ebyiri zatsindiye igihembo cya Merit muri IndieFest Film Awards

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 5 May 2026 saa 04:36
Yasuwe :

Filime mbarankuru ebyiri, Umuganda n’indi ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 na nyuma yayo, yiswe ‘Beyond the Genocide’ zatsindiye igihembo cya Merit gihabwa filime zifite inkuru nziza mu marushanwa ya IndieFest Film Awards.

Ni ibihembo byatanzwe ku wa 4 Gicurasi 2026, i California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

IndieFest Film Awards ni irushanwa rigamije guteza imbere impano nshya mu rwego rwa filime ku Isi aho hahembwa abantu mu byiciro birindwi bitandukanye.

Filime zo mu Rwanda zegukanye igihembo cya Merit ni filime mbarankuru z’umunyarwanda utunganya filime mbarankuru Zion Sulaiman Mukasa Matovu.

Imwe yise Umuganda ni filime igaragaza uko umuganda wabaye ikimenyetso cyo kwigira, umuco n’ubumwe.

Ni mu gihe indi yatsinze ari filime yise ‘Beyond the Genocide’, igaruka ku mateka ya Jenoside na nyuma yayo n’uko Abanyarwanda n’igihugu muri rusange biyubatse nyuma y’icuraburindi.

Matovo yavuze ko kuba izi filime zahawe igihembo ku rwego mpuzamahanga byerekana akamaro ko kuvuga amateka y’u Rwanda.

Ati “Izi filime zakozwe mu rwego kwibuka no kongera gutuma abantu batekereza ku mateka yacu. Kubona zahawe igihembo ku rwego mpuzamahanga byerekana uburyo ari ingenzi kuvuga amateka yacu uko ari kandi dufite intego.”

Filimi ebyiri Nyarwanda zatsindiye igihembo cya Merit muri IndieFest Film Awards
Filimi ebyiri zakozwe na Zion Sulaiman Mukasa Matovu, zatsindiye igihembo cya Merit muri IndieFest Film Awards

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages