Ikinyamakuru The Mirror mu 2017 ubwo cyandikaga ku mwihariko w’imico y’abo muri ubwo bwoko, cyatangaje ko buri mwaka bahurira mu Kibaya cya Omo cyo mu Majyepfo ya Ethiopia bakizihiza umwaka mushya mu birori bita Kael.
Abagore bo muri ubwo bwoko bakururwa cyane n’abagabo bafite inda nini ku buryo ibyo birori bibahuza buri mwaka, babifata nk’umwanya mwiza wo guhura n’abo bagabo bisanzuye bakishimana na bo.
Abo muri ubu bwoko bw’Aba-Bodi kugira inda nini kw’abagabo babifata nk’ibibahesha icyubahiro mu muryango, ku buryo bihata amata y’inka agikamwa ndetse bakananywa amaraso yazo bagamije kugira inda nini, ibinakorerwa amarushanwa muri ubwo bwoko.
Iyo bitegura ayo marushanwa bamara amezi atandatu baba mu muhezo batanemerewe gukora imibonano mpuzabitsina.
Kugira inda nini aba ari inzozi za buri mwana w’umuhungu wo muri ubwo bwoko, ku buryo abo mu muryango we batangira kumuha ubuki, amata n’amaraso by’inka mu gihe cy’amezi ari hagati y’atatu n’atandatu bizera ko bizamuhesha kugira inda nini.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!