Donald Trump ni we wabanje kuzamura ingingo y’uko Musk yaba anywa ibiyobyabwenge, anasaba ko niba bakeka ko akoresha ibiyobyabwenge hakorwa igenzura ryimbitse.
Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyasohoye inkuru ihamya ko Elon Musk ubwo yari umujyanama wa Trump yanywaga uruvange rw’ibiyobyabwenge birimo cocaine, ketamine, n’ibindi byinshi.
The Wall Street Journal yavuze ko ingeso yo kunywa ibiyobyabwenge yanateje ikibazo mu buyobozi bwa Tesla na SpaceX.
Ibisubizo byavuye mu isuzuma ryakorewe muri Laboratwari yo muri Amerika kuri Elon Musk, bigaragaza ko mu biyobyabwenge byose yavugwagaho kunywa bitagaragara mu maraso ye.
Musk yahakanye ibyo kunywa ibiyobyabwenge avuga ko atigeze abinywaho.
Uyu mugabo yavuze ko mu myaka itatu ishize yagiye asuzumwa mu bihe bitandukanye bagasanga nta biyobyabwenge cyangwa ibisindisha biri mu mubiri we.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!