Ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu nibwo Dr. Butera yasezeranye imbere y’amategeko na Diana Kamili, mu muhango witabiriwe n’abantu bake bo mu miryango yabo.
Basezeranyijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, mu muhango wabereye mu Biro by’Umujyi wa Kigali.
Dr Butera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisante mu Ugushyingo uyu mwaka, yari yabwiye IGIHE ko "vuba" azasezera ubusiribateri. Yabivuze mu kiganiro yatangarijemo uko yakiriye inshingano nshya.
Amakuru agera kuri IGIHE ni uko indi mihango yo guhamya umubano imbere y’Imana izakorwa mu mpera z’iki Cyumweru.
Dr Butera Yvan w’imyaka 32, ni we muto mu bagize Guverinoma y’u Rwanda.
Ubwo Dr Butera yagirwaga Umunyamabanga wa Leta, umukunzi we yamwifurije imirimo myiza
Proud is an understatement Dr. YB❤️ pic.twitter.com/K7c6E3mfjR
— Diana Kamili (@Diana_Kamili) November 30, 2022

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!