00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byinshi kuri ’Roommate Syndrome’ ituma ufata uwo mwashakanye nka mugenzi wawe usanzwe

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 22 March 2025 saa 07:47
Yasuwe :

Ubusanzwe abashakanye barangwa no kwerekana urukundo, kuganira, kuba inshuti n’ibindi, ariko iyo bamaze igihe babana hari igihe ibyo byose bishira bakaba nk’abantu babanye mu nzu basangiye inshingano gusa. Ubwo ni uburwayi, ndetse dore ibyo wamenya kuri bwo.

Roommate Syndrome itera abantu bashakanye kumva batacyishimiranye ndetse ahubwo babana mu nzu nk’abasangiye inshingano ariko nta rukundo ruri hagati yabo, ha handi umubona ukumva arasanzwe.

Ibi kandi si ku bashakanye gusa n’abakundana bahisemo kuba mu nzu imwe na bo iyi ndwara bayirwara.

Umuganga mu buzima bwo mu mutwe, Mark Travers, asobanura ko iyi ndwara iterwa no kuba abantu babana bidasanzwe badahuza ibintu bimwe na bimwe nk’ibyo bakunda gukora, ndetse n’inshuti, bakabana bumva ko ari ibisanzwe aho kumva ko buri wese abereyeho undi.

Akomeza avuga ko nk’abakundana ari byiza kugira umwanya wa buri umwe wenyine ariko bihinduka uburwayi iyo uwo mwanya ubaye munini, ku buryo ugera ku rwego rwo kubona umugore, umugabo cyangwa umukunzi wawe nk’umuntu usanzwe.

Uyu muganga akomeza avuga ko ikindi gitera iyi ndwara ari ugufata igikorwa cy’abashakanye no kwerekana urukundo nk’igikorwa kigomba kubaho atari uko babishaka cyangwa babyifuza.

Ati “Iyo kibaye nk’umuco cyangwa igikorwa gihoraho cyangwa nta bushake bafite, bombi bashobora kumva batacyishimiranye.”

Akomeza avuga ko no kutaganira hagati y’abashakanye ari intandaro yo kurwara iyo ndwara.

Ati “Ntabwo baba bakibona impamvu yo kubazanya uko umunsi wabo wagenze, gusangira ibitekerezo n’uko biyumva. Ntabwo baba bakiganira ahari kubera ko ntacyo kuganiraho baba bagifite, kandi kudafunguka ngo mugirane ibiganiro binasekeje bituma bumva batagikeneranye.”

Uyu muganga avuga ko uburyo bwo kwirinda iyi ndwara ari ukuganira hagati y’abashakanye cyangwa ababana no kongera kwerekana ibikorwa by’urukundo nko guhoberana, kubwirana amagambo meza no gusomana.

Agaragaza ko guha umwanya mugenzi wawe ukamwumva na byo ari ingenzi kuko abona ko wamwitayeho rwa rukundo rugakomeza gukura, akagaragaza ko bitangirira ku tuntu duto.

Ati “Nko gusomana, guhoberana mu gitondo, kubwira mugenzi wawe amagambo amwongerera icyizere, gusomana n’ibindi.”

Roomamate Syndrome ituma abashakanye babaho batishimiranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .