00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 September 2026 saa 03:31
Yasuwe :

Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu Mudugudu wa Kigusa, Akagari ka Musenyi mu Murenge wa Musenyi aryamanye n’umugore w’undi mugabo, umugore ahita ajyanwa kwa muganga.

Umugabo uvuga ko yasambanyirizwaga umugore yari avuye mu kabari anyura mu rugo rw’umugore bamaze iminsi babana mu buryo bunyuranye n’amategeko agiye kumushaka ngo bajye gusangira akabenzi.

Muhinzi Straton Ushinzwe Umutekano mu Mudugudu yabwiye TV1 ko umugabo yavuye kokesha akabenzi agiye kureba umugore asanga urugi rurakinze, barakomanga biratinda ariko babonye urugi benda kurubatura hejuru barafungura.

Ati “Ngiye kubona mbona ni sogokuru.”

Uyu mugore ngo yaje gusohoka uburakari bwinshi yari afite abutura umugabo wahuruje abantu, ndetse umugore biza kurangira bamujyanye kwa muganga.

Umugabo yabanje kuguma mu nzu ariko amaherezo aza gusohoka yipfutse ingofero y’urugara mu maso abaturage bakomeza kumushagara.

Umwe mu baturage ati “Uriya musaza nta cyaha afite. Nta kiziriko yajemo, ntabwo ari umu-RIB [umwana uri munsi y’imyaka 18], si n’umuntu yafashe mu nzira agenda….Ntawe yafashe ku ngufu kuko iyo aza gufata ku ngufu uriya mugore aba yavugije induru.”

Abandi ariko bemeza ko yakoze amakosa kuko atakabaye yiyandarika mu isantere nk’uko yabigenje.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages