00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brussels Airlines yacokoje Espagne mbere y’umukino wa 1/4 w’Igikombe cy’Isi

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 9 July 2026 saa 08:37
Yasuwe :

Brussels Airlines yacokoje Espagne mbere y’umukino wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi uzahuza iki gihugu n’u Bubiligi ku wa Gatanu aho iyi sosiyete yatangaje ko indege yayo yihariye yitwa Trident, itatse amabara y’ikipe y’igihugu y’u Bubiligi, izajya yerekeza muri Espagne gusa kugeza uwo mukino ubaye.

Ubusanzwe iyi ndege ikora ingendo mu mijyi myinshi yo ku mugabane w’u Burayi, ariko kuva ku wa Kabiri kugeza ku wa Gatanu, Brussels Airlines yahisemo kuyohereza gusa mu mijyi yo muri Espagne irimo Madrid, Barcelone, Malaga na Alicante.

Iyi ndege ya Trident ifite amateka yihariye mu mupira w’u Bubiligi. Iya mbere yakoreshwaga kuva mu 2016 kugeza mu 2022, yari itatse amabara y’ikipe y’abagabo ya Diables Rouges. Nyuma haje indi nshya, iha icyubahiro amakipe yombi y’igihugu, abagabo n’abagore, ariyo Diables Rouges na Red Flames, ni nayo izajya ijya muri Espagne.

Ni indege yo mu bwoko bwa A320, ifite ibara ritukura, umurizo wijimye, ndetse itatse ikimenyetso cya trident (wagereranya n’icumu rifite amenyo atatu) kivanzemo n’ikirimi cy’umuriro.

Iyi ndege itatse amabara y'Ikipe y'Igihugu y'u Bubiligi izajya ijya muri Espagne kugeza ibihugu byombi bikinnye umukino wa 1/4

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages