00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bonnie na Lily mu nkundura yo guterera akabariro mu isanzure

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 19 April 2025 saa 05:33
Yasuwe :

Ibyamamare mu gukina filime z’urukozasoni, Bonnie Blue na Lily Phillips, bamaze iminsi bashaka amahirwe yo kujya mu isanzure kugira ngo bashyireho agahigo ko gukorerayo imibonano mpuzabitsina.

Iri hangana ryatangiye ubwo aba bakobwa bombi bashwanaga, Bonnie ashinja Lily kumwiba igitekerezo cyo gushyiraho agahigo ko kuryamana n’abantu benshi mu gihe gito.

Nyuma yo kubona ko umuhanzi Katy Perry na Lauren Sanchez bagiye mu isanzure bakoresheje icyogajuru, aba bakobwa na bo batangiye gushaka uburyo bajyayo, bakaryamanirayo n’abantu benshi icya rimwe, ibizwi nka ‘Gang Bang’.

Ikinyamakuru Radar Online kivuga ko aba bakobwa biteze ko mu gihe urugendo rwazabahira, umubare w’ababakurikira ku rubuga rwa OnlyFans uzatumbagira.

Cyagize kiti “Bashoboye kwerekana ayo mashusho ku mbuga zabo za OnyFans, imibare yakwiyogera ku rwego rukabije. Igisigaye ni ukureba ni uwuhe mukobwa uzabikora mbere.”

Lily na Bonnie bari inshuti magara gusa ubucuti bwabo bwarangiye umunsi Lily ashyiraho agahigo ko kuryamana n’abagabo 100 mu ijoro rimwe, ndetse agatangaza ko afite gahunda yo kuryamana n’abagabo 1000 mu masaha 24.

Bonnie yararakaye cyane, avuga ko icyo gitekerezo cyari icye, icyakora ahita ashyiraho agahigo ko kuryamana n’abagabo 1057 mu masaha 12 gusa.

Lily na Bonnie bahanganiye gushyiraho agahigo ko gukorera imibonano mpuzabitsina mu isanzure
Aba bakobwa bahoze ari inshuti ariko ubu ntibagicana uwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .