00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Australia: Hagiye kubakwa inyubako ya mbere ndende ku Isi ikozwe mu mbaho

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 5 October 2023 saa 12:18
Yasuwe :

Mu Burengerazuba bwa Australia mu gace ka Charles Street kari mu mujyi wa South Perth, hagiye kubakwa inyubako y’amagorofa izaba ari iya mbere ndende ikozwe mu mbaho, aho biteganyijwe ko izaba ifite uburebure bwa metero 191.2.

Iyi nyubako izaba izwi nka C6 izaba ikubye kabiri mu burebure indi nyubako yari isanganywe agahigo ko kuba ndende ku Isi kandi yubakishije imbaho. Iyari isanganywe ako gahigo ni inyubako ya Ascent tower iherereye mu mujyi wa Milwaukee muri Leta ya Wisconsin, muri Amerika.

Abazubaka iyo nzu bavuga ko 42% byayo bizaba ari imbaho gusa, mu gihe ku nkingi hari aho bizaba ngombwa ko hifashishwa sima n’umucanga.

Philip Oldfield wigisha muri University of New South Wales’ School of Built Environment yavuze ko iki gitekerezo cyo gutangira kubaka inzu mu mbaho ari inyamibwa.

Ati “Ubusanzwe twubaka inzu ndende twifashishije sima n’ibyuma. Sima yihariye 8% by’ibitera umwuka wangiza ikirere. Kuba rero ibyo byuma na sima bigiye gusimbuzwa ibindi bikoresho gakondo nk’imbaho bizagabanya ingaruka inyubako zigira mu kwangiza ibidukikije.”

Muri iyo nyubako hazaba harimo amacumbi 200 yo kubamo, ikaba izanaca agahigo ko kuba imwe mu nzu zitohereza mu kirere imyuka ihumanya ikirere.

Imbaho zizifashishwa mu kubaka iyi nzu zizaturuka ku biti 600, zikaba zingana na metero kare 7400.

Igishushanyo mbonera cy'iyi nyubako kigaragaza ko izaba ifite metero 191.2 z'uburebure
Iyi nzu izaba yubatswe mu mbaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages