00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Abagore bagera kuri 14% bafatwa ku ngufu n’abagabo babo

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 31 July 2023 saa 04:38
Yasuwe :

Ikigo cy’Abanyamerika giha ubufasha abakorewe ihohoterwa, Greene County Family Justice Center, mu Kuboza 2022 cyatangaje ko abagore bari hagati ya 12-14% bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bafatwa ku ngufu n’abagabo babo.

Iki kigo cyatangajwe ko ibi biba mu ngo z’abashakanye ari umugabo n’umugore ndetse no mu myiryango y’abaryamana n’abo bahuje ibitsina.

Greene County Family Justice Center yatangaje ko abagore 18% bavuze ko abana babo baba abatangabuhamya kuri iryo hohoterwa bakorewe kuko byagiye bikorwa bareba.

Iki kigo cyavuze kandi ko 30% by’abagore bafashwe ku ngufu ari bo batanze amakuru ariko byagera ku bagore bashakanye n’abagabo babo mu buryo bwemewe n’amategeko imibare ikagabanuka cyane, ibituma hacyekwa ko iyo mibare y’abafatwa ku ngufu n’abagabo babo ari myinshi kurushaho.

Naho imibare y’ikindi kigo cy’Abanyamerika kirwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo, The National Coalition Against Domestic Violence (NCADV), yagaragaje ko abagore n’abakobwa 14-25% bo muri Amerika bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikozwe n’abagabo babo cyangwa abakunzi babo.

Ubushakashatsi bw’iki kigo kandi bwagaragaje ko abagore bo muri icyo gihugu bafatwa ku ngufu n’abagabo babo inshuro zikubye enye, ugereranyije n’uko bikorwa n’umuntu wundi utari uwa hafi kuri bo.

Ubundi bushakashatsi bwa NCADV bwo mu 2006 buvuga ko abagore bo muri Amerika bafatwa ku ngufu n’abagabo babo akenshi biba byaragiye bikorwa inshuro nyinshi.

Iki kigo kigaragaza ko ibi biterwa n’uko kuba umugore yafatwa ku ngufu n’umugabo we, bidafatwa nk’icyaha gifite uburemere nk’irindi hohotera ryose rishingiye ku gitsina.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages