00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amaze imyaka 95 atumagura udupfunyika 30 tw’itabi ry’igikamba buri munsi

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 21 February 2016 saa 08:57
Yasuwe :

Umukecuru w’imyaka 112 y’amavuko ukomoka mu gihugu cya Népal ahamya ko amaze imyaka 95 atumagura udupfunyika 30 tw’itabi ry’igikamba buri munsi.

Ikinyamakuru Metro cyanditse ko uwo mukecuru witwa Batuli Lamichhane yavutse mu 1903, yatangiye kwiga kunywa itabi mu bwangavu ubwo yari afite imyaka 17, kugeza na n’ubu akirinywa.

Igisenge cy’inzu y’uyu mukecuru cyasenywe n’umutingito wibasiye agace atuyemo, nyuma kiza gusanwa, kuko yanze ko bamwimurira ahandi hantu heza. Kuri ubu, abeshejweho n’imfashanyo ahabwa n’abasengera mu rusengero rwa Hindu ruri hafi y’aho atuye.

Uwo mukecuru ahamya ko abantu bo muri iki gihe batazabaho igihe kirekire kubera umunaniro w’ubwonko.

Ati “Ushobora gukora ukirinda n’umunaniro. Ugomba kwishima buri munsi,kugira ngo uzabeho igihe kirekire.”

Mu buzima bwe, ngo nta na rimwe yigeze atana no gutumagura agatabi kuko ngo kamufasha mu mitekerereze ye, mu gihe abahanga mu bijyanye n’ubuzima bemeza ko itabi nta cyiza rizanira umubiri ahubwo ritera indwara zirimo ibihaha na kanseri.

Batuli Lamichhane w'imyaka 112 y'amavuko bamukongereza itabi
Batuli ahamya ko amaze imyaka 95 atumagura udupfunyika 30 tw'itabi buri munsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages