Iki cyogajuru cyahagurutse ku wa 2 Mata 2026 saa Sita na 35, biteganyijwe ko urugendo abahanga mu by’isanzure bazarumaramo iminsi 10.
Ni urugendo rwabanje kuzenguruka Isi inshuro ebyiri iya gatatu bahita bafata inzira igana ku Kwezi nubwo batagomba kuguhagararaho, ahubwo bazakuzenguruka.
NASA yatangaje ko umuyobozi w’iri tsinda ry’abantu bane, Reid Wiseman, yafashe amafoto atangaje y’Isi igaragara mu ibara ry’ubururu.
Biteganyijwe ko aba bahanga mu by’isanzure bazagera inyuma h’Ukwezi, ni ukuvuga igice cy’inyuma abantu batabonesha amaso. Ni bo ba mbere bongeye kujya ku kwezi nyuma y’ababikoze mu 1972.
Bazazenguruka ukwezi ku wa 6 Mata 2026, bakazagaruka ku Isi ku wa 10 Mata 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!