00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amabuye yarimbuye ‘dinosaurs’ ku Isi, rimwe ryaguye muri Afurika -Ubushakashatsi

Yanditswe na Nshuti Hamza
Kuya 7 October 2024 saa 07:29
Yasuwe :

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Heriot Watt muri Ecosse, batangaje ko ibuye ryavuye mu isanzure rikagonga Isi bigatuma inyamaswa za ‘dinosaurs’ zishiraho burundu ritari rimwe nk’uko bimaze imyaka myinshi bivugwa, ahubwo ko yari abiri.

Mu myaka miliyari 66 ishize, Isi yagonzwe n’ibuye rifite ingufu zibarirwa muri toni ibihumbi 72. Ryacukuye umwobo wa kilometero 180 ahari Ikigobe cya Yucatán muri Mexique y’uyu munsi.

Bivugwa ko ingaruka z’iryo buye zabaye intandaro yo gushiraho kw’inyamaswa zitwa “non-avian dinosaurs” kimwe na bitatu bya kane by’ubwoko bw’inyamaswa zabaga ku Isi zitakiriho.

Abo bashakashatsi basobanuye ko hari ibimenyetso byemeza ko hari ibuye rya kabiri ryagonze Isi muri uwo mwaka.

Ngo ryari rifite ubugari bwa metero 500, rigwa muri Guinea mu Burengerazuba bwa Afurika.

Ikimenyetso cya mbere kuri iryo buye rya kabiri cyabonetse mu 2022, ubwo abo bashakashatsi bayobowe na Dr Uisdean Nicholson barimo basesengura amakuru arebana n’indiba y’Inyanja ya Atlantic.

Icyo gihe babonye umwobo ureshya na kilometero icyenda z’ubujyakuzimu, bakeka ko waba warabayeho ucukuwe n’ibuye riturutse mu Isanzure.

Nyuma yo kwifashisha ibikoresho bitandukanye, basanze ibyo bakekaga ari byo, ko uwo mwobo wiswe “Nadir Crater” watewe n’ibuye ryavuye mu Isanzure mu myaka miliyoni 66 ishize, igihe kimwe n’icyo ibuye ryarimbuye ‘dinosaurs’ ryagongeye Isi.

Ubushakashatsi bwerekanye ko mu myaka miliyoni 66 ishize amabuye yo mu Isanzure yagonze Isi ari abiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages