00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AI yafashije gusama abari bamaze imyaka 18 barabuze urubyaro

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 4 July 2025 saa 02:36
Yasuwe :

Abashakashatsi bifashishije ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) mu gufasha umuryango wari umaze imyaka 18 warabuze urubyaro.

Uyu muryango ubu witegura kwibaruka umwana wabo wambere mu Ukuboza, nyamara bari baranyuze mu nzira zitandukanye zizwi nka In Vitro Fertilization (IVF) ariko ntibyakunda.

Uyu muryango wahuye n’ikibazo cy’indwara yitwa azoospermia, aho mu masohoro y’umugabo haba harimo intangangabo nke cyane cyangwa ntizinabonekemo.

Nyuma yo gutakaza icyizere, bifuje kugerageza ubundi buryo bushya bwiswe STAR method bwakozwe n’abashakashatsi ba Columbia University Fertility Center. Ubu buryo bukoresha AI mu gushakisha intanga ziba zihishe cyane.

Nubwo abatekinisiye bari bamaze amasaha menshi batabasha kubona intanga n’imwe, STAR system yaje kubona 44 mu isaha imwe gusa.

Dr. Zev Williams, uyoboye iryo tsinda, avuga ko iki gikorwa cyazanye impinduka ikomeye.

Ati “Itsinda ry’abahanga bamaze iminsi ibiri bashakisha intangangabo mu masohoro baraheba ariko dukoresheje STAR ibona 44 mu isaha imwe.”

CNN gukoresha STAR bashakisha intanga mu masohoro bisaba umurwayi 3000 $.

Dr. Eyvazzadeh ati: “AI siyo ikora intanga, ahubwo ifasha kubona izihari tutabasha kubona n’amaso yacu.”

Ahamya ko AI ishobora guhindura ubuzima, igatanga icyizere ku bafite ikibazo cy’uburumbuke by’umwihariko ku bagabo.

Abantu bari bamaze imyaka 18 barabuze urubyaro bashoboye gusama bafashijwe na AI (Ifoto-AI)

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .