00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ahantu hisanzuye muri Kigali waganirira n’umukunzi wawe iby’urukundo

Yanditswe na Shumbusho Djasiri
Kuya 14 February 2023 saa 12:25
Yasuwe :

Niba amafaranga adashobora kugura urukundo, kuki kurwishimira byasaba ikiguzi by’umwihariko ku munsi warwo tariki 14 Gashyantare? Ntabwo bisaba akayabo ngo wereke umuntu ko umukunda cyangwa umwitayeho, dore ko ibiganiro, kuba hafi uwo ukunda ariryo riba rikomeye ryuhira urukundo rwa babiri.

Kuri uyu munsi abatuye isi bizihizaho umunsi wahariwe abakundana, abatuye muri Kigali si ngombwa kujya gushakira kure ahantu heza ho kuganirira n’umukunzi kugira ngo ubuzima burusheho kubaryohera.

Uko igihugu gikomeza gutera imbere, hagiye hashyirwaho ahantu hatandukanye h’ubuntu, ubusitani bwiza, umutuzo n’ibindi bikorwa remezo nka internet bifasha abatuye Kigali n’abayigendamo kuryoherwa n’ubuzima bakiriho.

Mu mafoto asa neza, IGIHE yaguteguriye ahantu hatanu ushobora kujyana umukunzi ku munsi udasanzwe nka Saint Valentin, mukahagirira ibihe byiza nta kavuyo kandi nta ngengo y’imari ihambaye ukoresheje, dore ko hose kuhicara nta kiguzi bisaba.

Car Free zone kwa Makuza

Aha ni agace katagerwamo n’ibinyabiziga gaherereye mu Karere ka Nyarugenge hafi y’umuturirwa uzwi nka Makuza Peace Plaza. Ni agace gatuje, karimo intebe, internet y’ubuntu bikoreshwa n’abahagenda. Ni ahantu kandi hari inzu nto zicururizwamo ibyo umuntu yakenera nk’ikawa, fanta n’ibindi byoroshye bituma ubuzima bw’uhageze bumera neza.

Ni umutungo wa rubanda si uw’umuntu ku giti cye kuko hari mu nshingano z’Umujyi wa Kigali, ni nayo mpamvu kuhanyura, kuhicara, kuhidagadurira ntawe ibyishyuza.

Muri Car Free Zone yo kwa Makuza hari utuzu twubatswe abahatembereye bicaramo
Abatembereye muri Car Free Zone babasha kubona Internet y'ubuntu
Muri Car Free zone harimo utuzu bacururizamo ibintu bitandukanye

Imbere y’ibiro by’umujyi wa Kigali

Ubusitani buri imbere y’ibiro by’Umujyi wa Kigali ni ahandi hantu ho kwishimira ibyagezweho mu rukundo, ku munsi nk’uyu w’abakundana. Ni ahantu hari indabyo, ibyatsi n’ibindi bituma uhari amererwa neza. Hashyizwe intebe nziza na Internet y’ubuntu, hakaba akarusho kuko ari agace katabamo urusaku rwinshi nubwo kari mu mujyi rwagati.

Imbere y'ibiro by'umujyi wa Kigali hateguwe ahantu abantu bashobora kuruhukira
Hari ubusitani bukoze neza bufasha ababurimo kumererwa neza
Imbere y'ibiro by'Umujyi hari intebe buri wese yemerewe kwicaramo, akaryoherwa n'ubuzima
Muri ubu busitani uba witegeye inyubako nziza zirimo n'iya I&M bank
Umujyi wa Kigali washyizwemo uduce dutandukanye dufasha abawugendamo kuryoherwa

Muri Rond Point yo mu mujyi

Hari abajya bayirebera kure bagatekereza ko amasangano y’imihanda mu mujyi rwagati (Rond Point) nta wemerewe kuhagera. Siko bimeze kuko ya mazi yiterera hejuru na ya mitako ubonera mu modoka, wemerewe kuyegera, ukahicara, ukahifotoreza ukishimira ubwiza bw’umujyi wa mbere muri Afurika ufite isuku n’umutekano.

Muri Rond Point rwagati harimo uduce two kwicaramo
Amasangano y'imihanda mu mujyi rwagati ni hamwe mu hantu heza ho kuganirira n'umukunzi
Hafi ya Rond Point yo mu mujyi ahahoze Fantastic Restaurant hari ahantu heza ho kwicara
Udashaka kujya rwagati muri Rond Point, hari ubusitani ku mpande ashobora kwishimira

Kimihurura

Kwishimira umujyi wa Kigali utaricara mu mahumbezi ya Kimihurura byaba ari ukunyagwa zigahera. Niko gace gafatwa nko mu mutima w’igihugu kuko inzego nyinshi z’ubuyobozi bwacyo ariho zibarizwa.

By’umwihariko, Kimihurura niyo ibarizwamo inyubako ya Kigali Convention Centre imaze guca agahigo ko kwakira inama n’ibirori bikomeye mu Rwanda . Aka gace karatunganyijwe ku buryo bugaragara, gashyirwamo ubisitani, intebe, internet byiyongera ku bwinshi bw’akayaga gahuhera gaturutse mu biti biteye impande n’impande, bikizihira abahagenze.

Ni agace keza ko kwizihirizamo Saint Valentin by’umwihariko ku bakundana badashaka gusesagura.

Hafi ya KCC ahahoze amasangano y'imihanda, naho hari ubusitani bwiza
Iruhande rwa KCC hari imihanda ushobora gutemberamo n'amaguru dore ko nta binyabiziga byemewe, ukahagirira ibihe byiza
Abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali bari mu bamaze kumenya ibanga ry'intebe rusange riri imbere y'ishuri ryabo
Imihanda ya Kimihurura iteye ubwuzu kubera uburyo hatoshye

Rwandex

Izi ntebe n'ubu busitani bibyazwa umusaruro ku bantu badakunda akavuyo n'urusaku
Ugana Rwandex hari ubusitani bwagutse buri wese yemerewe kujyamo akishima
Umuhanda Rwandex-Gikondo hashyizwe intebe ku mihanda, abantu bashobora kuganiriramo bakungurana ibitekerezo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages