00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatuye mu gace ko mu Butaliyani babujijwe kurwara

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 January 2025 saa 03:23
Yasuwe :

Umuyobozi w’agace ka Belcastro kari mu majyepfo y’u Butaliyani, Antonio Torchia, yashyizeho itegeko ridasanzwe rivuga ko “kurwara bitemewe”.

Uyu muyobozi yabwiye televiziyo yo mu Butaliyani ko yashyizeho iri tegeko agamije kuninura Leta y’u Butaliyani itageza serivisi z’ubuvuzi ku baturage uko bikwiye.

Yasobanuye ko Belcastro ituwe n’abantu 1300, kandi ko abenshi muri bo ari abakuze, aho usanga n’ibigo nderabuzima byaho bihora bifunze, abaganga baho ntibakore mu minsi isoza icyumweru.

Antonio yavuze ati “Ntabwo iri tegeko ari ubushotoranyi, ahubwo ni ugutabariza abaturage bo muri aka gace.”

Belcastro iri mu duce dukenye cyane, tunatuwe na bake bitewe n’uko urubyiruko rwinshi iyo rurangije amasomo, rujya gushakira imibereho mu mijyi minini.

Uyu mujyi utuwe n'abantu 1300 biganjemo abakuze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .