00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaryamana n’abo bahuje ibitsina bakomeje kujujubywa, nyuma ya Turikiya hari hatahiwe Misiri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 July 2026 saa 06:48
Yasuwe :

Ubwato bw’abagenzi biganjemo abaryamana bahuje ibitsina n’abandi bo mu muryango wa LGBTQ bwabujijwe kwinjira mu Misiri, nyuma y’uko mbere yaho bwari bwabujijwe no guhagarara ku byambu byo muri Turikiya.

Ubu bwato bwa Scarlet Lady bugenzurwa na Virgin Voyages wahagurutse ku wa 5 Nyakanga mu rugendo rw’iminsi 10 rwiswe “Athens to Venice”, bivuze ko bwavaga mu Bugereki bukazagera mu i Venice mu Butaliyani.

Rwateguwe na sosiyete yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikora ingendo z’ubwato zigenewe abo mu muryango wa LGBTQ, Atlantis Events. Bwari butwaye abagenzi bagera ku 2,000.

Umujyi wa Alexandria wo mu Misiri wari wongewe kuri gahunda y’urugendo nyuma y’uko Turikiya yabujije ubu bwato guhagarara ku byambu byayo birimo icya Istanbul n’icyo mu Mujyi wa Kusadasi, aho bwagombaga guhagarara ku wa 7 Nyakanga.

Nk’uko The Washington Post yabitangaje, abagenzi babwiwe mu gitondo cyo ku wa Kane ko guhagarara i Alexandria na byo byahagaritswe, mu gihe abategura urugendo bashakaga ikindi cyambu bashobora kwifashisha.

Uruzinduko rwari ruteganyijwe muri Alexandria rwari rukubiyemo gusura Umujyi wa Cairo ndetse n’Ingoro Ndangamurage ya Misiri.

Umuyobozi Mukuru wa Atlantis Events, Rich Campbell, yavuze ko inzego za Misiri zakuyeho uburenganzira bwo guhagarika ubwato ku cyambu cy’iki gihugu ku munota wa nyuma, avuga ko ari ibintu “biteye urujijo ndetse bibabaje.”

Inzego za Misiri ntizari zatangaza ku mugaragaro impamvu y’icyemezo zafashe mu Turikiya yo yamaganye ubu bwato kwinjira mu gihugu mbere y’uko buhagera.

Mu itangazo ryashyizwe kuri konti ya X y’Intara ya Aydin ku wa 28 Kamena, abayobozi bavuze ko guhagarika gahunda yo guhagarara i Kusadasi byatewe n’uko itsinda ry’abagenzi bari muri ubu bwato “rizwiho imyitwarire idahuye n’imigirire y’umuryango wacu indangagaciro n’imyitwarire”, bakongeraho ko uru ruzinduko “rwateye impungenge zikomeye mu baturage.”

Campbell avuga ku cyemezo cya Turikiya yatangaje ko ari ubwa mbere mu myaka 36 Atlantis Events imaze ikora, ubwato bwabo bwangiwe kwinjira mu gihugu.

Ubwato bw'abaryamana n’abo bahuje ibitsina bukomeje kujujubywa, nyuma ya Turikiya hari hatahiwe Misiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages