00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abana b’abahungu b’ubuheta bakunze kuba abanyabyaha kuruta bakuru babo - Ubushakashatsi

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 10 March 2025 saa 06:55
Yasuwe :

Abana b’ubuheta (bavuka ari aba kabiri), cyane cyane abahungu, baba bafite ibyago byinshi byo kugira imyitwarire mibi ndetse no kwishora mu byaha ugereranyije n’abavuka ari imfura.

Ibi ni ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’umuhanga mu bukungu, Joseph Doyle, wigisha muri Kaminuza ya Massachuset bwerekanye ko abahungu bavutse ari aba kabiri baba bafite ibyago biri hagati ya 20% na 40% byo guhura n’ibihano ku ishuri.

Ibi biterwa n’uko abana b’abahungu baba bafite amakosa menshi bikabaviramo ibyo bihano ndetse no kuba bakwirukanwa burundu, si ibyo gusa kandi bakunze kurangwa n’ubujura cyangwa ubugizi bwa nabi.

Ushobora kwibaza impamvu ibitera. Ubushakashatsi buvuga ko ibi ahanini biterwa n’uko abana bavuka ari aba kabiri baba batitabwaho bihagije ndetse nta burere bahabwa kuko ababyeyi babo baba barahaye umwanya mwinshi umwana w’imfura uwa kabiri akaza batagishishikariye kwita ku mwana, bigatuma abana ba kabiri bagira imyitwarire mibi kubera kubura uburere.

Ikindi gishobora gutuma abo bana bagira imyitwarire mibi ni uko bashobora gufata urugero kuri bakuru babo cyane ko ari bo baba babarera ahanini bigatuma umwana wa kabiri amwigiraho ndetse agafata imico n’imyitwarire y’umuvandimwe we.

Kwihagararaho no kumva ko bashaka kuba abantu bakomeye na cyo kiri mu bituma aba bana b’ubuheta bagira imyitwarire mibi bikabaviramo kuba abanyabyaha, ahanini na byo bijyana n’uburyo baba babona abavandimwe babo bakuru, iyo babona ari abantu bazi gukora ibintu byinshi bituma na bo bashaka kubikora ngo babarushe hakaba n’igihe babikora mu buryo bubi.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko ababyeyi bakwiriye guha umwanya ungana abana bose kuko biri mu bishobora kurinda umwe muri bo kugira imyitwarire runaka itari myiza kubera ko nta burere yahawe n’ababyeyi cyangwa abona ko we adafatwa nk’uko mugenzi we afatwa.

Ikindi ni ukwiyegereza abana mu gihe cyose ubonye bafite iyi myitwarire ukabaganiriza.

Ubushakashatsi bugaragaza ko abana b'ubuheta bakunze kugira amakosa menshi ahanini bitewe n'uko ababyeyi babo baba batabitaho ngo babahe uburere bukwiriye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .