00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaganga bakuye mu ruhago rw’inkari rw’umurwayi ibuye ripima ibilo bitatu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 August 2026 saa 12:14
Yasuwe :

Abaganga bo muri Sri Lanka babaze umugabo bamukuramo ibuye ripima ibiro 3,1 ryari mu ruhago rwe rw’inkari, ibikekwa ko rishobora kuba ari ryo rinini kurusha ayandi yose yigeze akurwa mu muntu.

Iki gikorwa cyakozwe mu cyumweru gishize kibera mu Bitaro byo mu Mujyi wa Trincomalee, mu Burasirazuba bwa Sri Lanka.

Umurwayi w’imyaka 55 yari yajyanwe mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cy’imitsi yo mu bwonko, ‘stroke’. Mu gihe yari ari kuvurwa, abaganga basanze afite amabuye mu ruhago rw’inkari nyuma yo kubona ko yari afite ikibazo cyo kwihagarika.

Ubwo yabagwaga, abaganga bamukuyemo ibuye ryo mu ruhago ryapimaga ibilo bingana n’iby’umwana ugeze igihe cyo kuvuka kandi rikaba ryari rifite ubunini bugereranywa n’igi ry’inyoni ya autruche.

Dr Prahalahan Balakrishnan wari uyoboye icyo gikorwa cyo kwita kuri uyu murwayi yabwiye BBC ati “Dushingiye ku makuru ahari, ni ryo buye rinini ryo mu ruhago ryigeze kuvanwa mu muntu abazwe.”

Dr Balakrishnan yavuze ko iryo buye rishobora kuba ryari rimaze hagati y’imyaka itanu n’imyaka 10 mu ruhago rw’uwo murwayi.

Yongeyeho ko umurwayi “ameze neza cyane” ndetse abaganga bavuze ko uwo murwayi akiri mu bitaro aho akomeje kuvurirwa izindi ndwara yari afite.

Amabuye yo mu ruhago abaho iyo imyunyu ngugu iba mu nkari yibumbiye hamwe ikavamo utubumbe dukomeye.

Akenshi aya mabuye abaho iyo uruhago rutabasha gusohora inkari zose, bityo inkari zisigaye zikaba nyinshi zikaba zishobora kwibumbira hamwe zikavamo amabuye.

Amabuye mato yo mu ruhago, ashobora kuba angana n’utubuye duto nk’umusenyi, ashobora gusohoka ubwayo.

Gusa amabuye arengeje santimetero imwe akenshi ashobora gufunga inzira y’inkari, bigasaba ubufasha bw’abaganga. Ibuye ryo mu ruhago rifite ubunini burenze santimetero enye rifatwa nk’irinini cyane.

Ibuye rinini ryo mu ruhago ryari risanzwe rizwi ryakuwe mu murwayi wo muri Brésil mu 2003. Ryapimaga ikilo 1,9 kandi rifite uburebure bwa santimetero 17,9.

Ibuye ryakuwe mu ruhago rw’umurwayi wo muri Sri Lanka mu cyumweru gishize ryari rifite uburebure bwa santimetero hafi 17.

Iri buye ryakuwe mu muntu wo muri Sri Lanka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages