Ubushakatsi bwa mbere bwiswe “Ibitsina gabo bito n’imodoka zihuta: Igihamya cy’ihuriro ry’imitekerereze”, bwakozwe na Kaminuza ya Londres ku bagabo 200 bari hagati y’imyaka 18 na 74.
Bwagaragaje ko hari abagabo batwara imodoka nto zihuta kuko baba bahangayikishijwe n’ingano y’ubugabo bwabo.
Ubu bushakashatsi buvuga ko abagabo baterwa ipfunwe no kumva ko batihagije mu ipantalo, bahitamo gushakira mu bindi kugira ngo bagaragaze ko ari abanyembaraga.
Abagabo 763 bakoreweho ubundi bushakatsi na Kaminuza ya Western Sydney muri Australia, bagaragaje ko icyizere kiri hasi gituruka ku kugira igitsina gito ndetse gukomeza kubitekerezaho bishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo.
Umwanditsi wabwo, Dr. Cindy Harmon-Jones, yavuze ko “umugabo uhaganyikishijwe n’uko igitsina cye ari gito ashobora gushaka ahandi agaragariza imbaraga ze nko mu gutwara imodoka zikomeye za siporo.”
Yongeyeho ko abagabo baba bashaka kugira itsina kirekire “babiterwa no kudatuza kubera ko batuzuza inshingano zabo zo mu buriri.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!