00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Abanyekongo bongeye guhungira mu Rwanda

Yanditswe na

Frederic Ntawukuriryayo

Kuya 18 December 2012 saa 04:07
Yasuwe :

Abanyekongo bagera kuri 250, bamaze kwakirwa mu nkambi y’impunzi y’agateganyo ya Nkamira mu karere ka Rubavu kuva mu cyumweru gishize, bavuga ko bahunga imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano mu gace ka Masisi.
Aba banyekongo bavuga ko bahunze imitwe yitwaje intwaro ya Nyatura, Raia Mutomboki na Mai Mai yose bavuga ko ihohotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.
Kuva ku itariki ya 16 Ukuboza uyu mwaka ni bwo umubare w’Abanyekongo bahungira mu Rwanda wongeye kwiyongera, buri (…)

Abanyekongo bagera kuri 250, bamaze kwakirwa mu nkambi y’impunzi y’agateganyo ya Nkamira mu karere ka Rubavu kuva mu cyumweru gishize, bavuga ko bahunga imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano mu gace ka Masisi.

Aba banyekongo bavuga ko bahunze imitwe yitwaje intwaro ya Nyatura, Raia Mutomboki na Mai Mai yose bavuga ko ihohotera Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Kuva ku itariki ya 16 Ukuboza uyu mwaka ni bwo umubare w’Abanyekongo bahungira mu Rwanda wongeye kwiyongera, buri munsi hakaba hakirwa impunzi zibarirwa hagati ya 50 na70.

Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2012 ku isaha ya saa sita z’amanywa, ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Congo Kinshasa hari hamaze kwakirwa Abanyekongo bagera kuri 80.

Izi mpunzi zirahabwa ubufasha bw’icumbi, ibiribwa ,ubuvuzi, n’ubundi bufasha bw’ibanze mu nkambi ya Nkamira mu gihe hagitegerejwe ko byaba ngombwa ko bajyanwa mu Nkambi ya Kigeme cyangwa ko umutekano wagaruka bagasubira mu gihugu cyabo.

Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) irakorana n’izindi nzego n’abafatanyabikorwa bayo kugira ngo ku mupaka hubakwe ku buryo bwihutirwa ahantu ho kwakirira izo mpunzi, ndetse no kubafasha kugera mu nkambi ya Nkamira.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages