Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi yasuye Banki y’Abaturage y’Urwanda aho yasabye ko abaturage bafashwa mu kwegerezwa serivisi zishingiye ku ikoranabuhanga.
Urugendo rwa Minisitiri w’Intebe rwari mu rwego rwo kureba aho ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama yamuhuje n’abayobozi b’amabanki n’ibigo by’imari tariki ya 25 Mutarama 2012 igeze.
Uru rugendo yarukoreye ku kicaro gikuru cy’iyi banki, nyuma yo gusura ishami rya Remera na Nyabugogo aho yiboneye umurongo w’abantu bari bategereje guhabwa serivisi.
Minisitiri w’Intebe yasabye ko banki yagabanya umwanya abakiriya bamara bategereje serivisi, asaba ko Banki yoroshya kandi yongera uburyo abafatabuguzi babona amakarita abafasha mu kubikuza (ATMs).
Minisitiri w’Intebe ariko yashimye imitangire ya serivisi muri Banki y’Abaturage ugereranyije n’imyaka ishize, ndetse n’umubare w’abafatabuguzi bafite, abemerera ubufasha mu bibazo bitandukanye bahura nabyo.
Foto:Igihe.com



















TANGA IGITEKEREZO