Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 2 Nyakanga 2026, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Kabaya cy’abagize urugaga rw’abikorera bo mu Ntara y’Iburengerazuba cyo kugabira inka imiryango 10 yo mu Karere ka Ngororero y’abahoze ari abasirikare bamugariye ku rugamba.
Ati “Aha ku Kabaya mujye mwibuka ijambo Mugesera yahavugiye, yarabyivugiye ku mugaragaro, twaramwumvaga twese ntabwo ari amagambo, ariko ikintu kijya kimbabaza ni uburyo yavuze byose, ni ukuntu yakwita abantu ingegera, akavuga ati ziriya ‘ngegera’ iryo jambo rwose yararivuze.”
“Mugesera numva ngo arahari ubanza ari mu nkiko, ariko yagakwiriye kuza akareba ko tutari ingegera n’ibyo twakoze, akagera hano ku Kabaya akagenda muri kaburimbo azamuka ajya ku bitaro, akareba abaturage bakeye banezerewe kandi hakozwe byinshyi.”
Maj. Gen. Nkubito yavuze ko abamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu, igikorwa bakoraga cyo kubohora Igihugu, kizwi n’Abanyarwanda.
Yaboneyeho gushimira abikorera bo muri iyi ntara bagabiye abahoze ari abasirikare bamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu, ababwira ko akazi bakoraga kazwi ari nayo mpamvu babagabiye.
Ku wa 22 Ugushyingo 1992 ari ahitwa ku Kabaya, Dr. Mugesera yavuze ijambo rutwitsi muri mitingi y’ishyaka MRND ryari ku butegetsi mu Rwanda.
Inka abagize urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba, bagabiye imiryango 10 y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu yo mu Karere ka Ngororero zifite agaciro ka 9.685.000 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!