Henshi mu mijyi yo mu Rwanda, uhasanga abantu baba basabiriza ariko akenshi ugasanga biganjemo abafite ubumuga, cyane ubwo kutabona n’ubw’ingingo.
Nta gushidikanya ko ubuzima bubi nk’ubwo ari ingaruka zo kuba uwavukanye ubwo bumuga aba atarateganyirijwe uko azabaho mu gihe azaba amaze gukura, ari na cyo Bahati yatekerejeho nyuma yo kuvuza umwana we mu Rwanda no mu mahanga ariko agasanga nta mahirwe yo kubona afite, ariko ayo kubaho kandi neza akaba ayafite ijana ku ijana.
Bahati avuga ko ku mbyaro ye ya kane, ari bwo yabyaye umwana ufite ubumuga bwo kutabona, gusa ngo byaramutunguye ariko nyuma aza gusobanukirwa neza ko atagushije ishyano, ahubwo ko nawe ari umwana nk’abandi.
Ati “Nabyaye umwana nsanga afite ikibazo cyo kutabona, ngerageza kumuvuza mu Rwanda biranga, njya no mu mahanga hose biranga, bambwira mu nshamake uburyo namufasha akabaho neza, ndaza maze ntangira kumutegurira ahazaza he. Ni bwo natekereje gufata abafite ikibazo nk’icye kugira ngo mbashyire hamwe bige neza.”
Icyakora ibyo ngo yabigiriraga ko umwana we ubu ufite umwaka n’igice, namara gukura aziga muri iryo shuri ry’uwo muryango ‘Jordan Foundation’ bityo akabasha kubona uburezi bufite ireme ryo ku rwego rwo hejuru kandi atagombye kumujyana kwiga mu mahanga.
Kugeza ubu Jordan Foundation irimo abana 20 bari hagati y’imyaka 3 na 10, aho 16 muri bo bafite ubumuga bwo kutabona bya burundu, abandi bane bakagira ubwo bumuga bw’igice (babona gahoro).
Abo bana bamaze amezi atatu batangiye kwitabwaho muri icyo kigo, aho bajonjowe mu miryango y’abatishoboye mu ntara zose z’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze.
Umubare w’abana bavukana ubumuga bwo kutabona mu Rwanda n’ireme ry’uburezi bahabwa iyo bigishirijwe hamwe n’abatabufite, usanga rimwe na rimwe bidaha amahirwe abo bana, kuko usanga hari aho banenwa na bagenzi babo ndetse bakanabahimba amazina abasesereza.
Icyakora, Bahati avuga ko amikoro ya Jordan Foundation ntacyo yenda gukora kuri icyo kibazo ngo gikemuke burundu, gusa ngo habonetse abaterankunga n’abafatanyabikorwa muri uwo mugambi we, yafasha abo bana bose aho bari mu Rwanda ahereye ku bavuka mu miryango ikennye.
Mu mezi atatu gusa abo bana bamaze muri Jordan Foundation, abaje bafite ikibazo cy’imirire mibi ubu batemba itoto, abakuru muri bo batangiye kudidibuza Icyongereza, mu gihe abato na bo batangiye guhabwa amasomo yo mu mashuri y’incuke.



















TANGA IGITEKEREZO