00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwanziga Joy yasohoye igitabo kigaragaza ibyo Isi ikwiye kwigira ku Rwanda

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 31 August 2026 saa 12:10
Yasuwe :

Umwanditsi Uwanziga Joy yamuritse igitabo yise “Rising with Dignity: The African Stoic, The Rwandan Way”, kigaragaza uburyo ubumenyi nyafurika n’indangagaciro z’u Rwanda bishobora gufasha abantu kugira imico myiza, kwihangana no kubasha kuyobora.

Ni igitabo yamuritse ku wa 29 Kanama 2026, aho yavuze ko nubwo cyasohotse mu rurimi rw’Icyongereza ateganya kuzagishyira mu Kinyarwanda no mu Gifaransa.

Iki gitabo gifite paji 346, ‘stoicism’ ivugwamo ni ‘philosophie’ ya kera ishimangira kwimenya no gukoresha neza ubushobozi umuntu afite, bikamurinda guhindurwa n’ibiba adashobora guhindura kandi akabyitwaramo neza binyuze mu gufata ibyemezo bishingiye ku ndangagaciro ziboneye.

Uwanziga agaragaza ko zimwe mu ndangagaciro zagiye ziranga Abanyarwanda n’Abanyafurika zishobora gutanga isomo ku Isi ya none.

Ati “Mu ndangagaciro nyarwanda harimo agaciro, ikinyabupfura no kwihangana. Ni indangagaciro twahoranye kandi ubu tuzwiho kugira ubudaheranwa cyane twasangiza Isi. No muri Afurika dufite byinshi byiza nakubiye muri iki gitabo byabera isomo abandi.”

Yakomeje avuga ko urubyiruko rudakwiye gutuma Afurika ikomeza gufatwa nk’ahantu abantu bahishwa mu bitabo.

Ati “Turasoma ariko ku rwego rudahagije rwose urubyiruko tugomba kubihindura. Afurika dufite amateka akomeye n’ibindi byiza byo gusangiza Isi.”

Uyu mwanditsi agaragaza ko igitabo kigamije gukoresha ubumenyi bwa Afurika kugira ngo ibikubiye mu myigishirize ya ‘Stoicism’ bitange umusanzu mu kugira imibereho ishingiye ku ndangagaciro kandi umuntu agatera imbere.

Mu ndangagaciro avugamo harimo kwihangana mu bihe bikomeye, kubahana, gufashanya, kugira uruhare mu mibereho myiza y’abandi, kubaka ubumwe no kuyobora ugamije ibyiza bya rusange birenze inyungu zawe bwite.

Iki gitabo kandi cyibanda ku buyobozi buboneye n’imico myiza, aho gishimangira ko kuyobora atari ugufata umwanya cyangwa kugira ububasha gusa, ahubwo ko bisaba kugira inshingano, kwiyubaha no kubaha abandi.

Harimo kandi isano hagati yo kwiyubaka nyuma y’ibyago by’umwihariko bikaba bihura n’amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo nk’uko Uwanziga yabisobanuye.

Ati “Twahuye n’ibibazo bikomeye bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Reba nk’umubyeyi wabuze byose muri Jenoside, umugabo n’abana be baricwa kandi ari cyo kintu cy’agaciro yari afite, ariko agahitamo gukomeza kubaho. Biragoye kubishyira mu nyuranwenge ngo ubyumve, ariko habayeho guhitamo kurenga ibyabaye no gukomeza kubaka Igihugu.”

Iki gitabo cyatangiye kugurishwa ku nzu zicuruza ibitabo.

Joy Uwanziga yise iki gitabo 'Rising with Dignity The African Stoic, The Rwandan Way'
Habayeho kandi umwanya wo gutsindira impano nko gutumirizwa ibintu mu Bushinwa ku buntu
Ku baguzi kopi z'iki gitabo, Uwanziga yashyizemo umukono we
Ibindi bihembo byarimo itike y'indege yo kujya mu gihugu ushaka ku Isi
Ibi bitabo biri kuboneka mu maguriro y'ibitabo atandukanye i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages