Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na BTN TV, aho yavuze ko hari ibintu abantu basigaye bitwaza imbuga nkoranyambaga mu gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse no gukwirakwiza ibinyoma, avuga ko bigize icyaha.
Dr. Murangira yavuze ko abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ibihuha, baba bameze nk’inzererezi kuko usanga bazirirwaho bareba icyo abantu bavuze bakibyifashisha mu gushotora abantu.
Ati “Ugasanga umuntu afashe ifoto ku mbuga nkoranyambaga zanjye, ntabwo nzi neza ko biguha uburenganzira nawe ukayishyira ahantu. Nimba uyifashe, wiyifata ngo uyiherekereshe andi magambo ashaka kunshotora cyangwa gushotora abandi.”
Yagaragaje ko hari abantu basigaye barwanya Leta cyangwa batangaza amakuru atari yo, gusa bagatizwa umurindi n’abantu bafata ibyo bavuze bakabishyira ku mbuga nkoranyambaga zabo, bameze nk’aho bari ku banenga gusa mu by’ukuri bari gukwirakwiza ibyo bavuze.
Ati “Hari abantu bari kuvoma ibintu bibi ahandi hantu bakabizana mu rwego rwo kubigaya ariko muri macye icyo bari gukora ari ukubisangiza abantu be. Ugasanga amagambo yose uko yavuzwe arayazanye ayasangije ibihumbi bye bimukirikirana bitari byabyumvishe.”
Yavuze ko igihe abantu bifuza kugaya amagambo mabi yavuzwe ku mbuga nkoranyambaga, bakwiriye kubikorana ubushishozi.
Ati “Ukwiriye kubikora ariko udakwirakwije, wenda ukavuga ngo ndagaya kanaka ibintu yavugiye ahangaha, singombwa kubisuramo, kuko mu kinyarwanda baravuga ngo usubiyemo igitutsi ni we uba utukanye.”
Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga mu ngingo yaryo ya 39 havugwamo ko umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu ariko itarenze itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 1 Frw ariko zitarenze 3 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!