00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Hillary Clinton yanikiriye Bernie Sanders mu matora y’ibanze

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 28 February 2016 saa 10:49
Yasuwe :

Hillary Clinton yanikiriye cyane mukeba we Bernie Sanders mu matora y’ibanze yo muri Leta ya Carolina y’Epfo, mu gushakisha uzahagararira ishyaka ry’aba-Démocrates mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu Ugushyingo uyu mwaka.

Intsizi ya Clinton yamuhaye imbaraga zo gukomeza neza mu matora azabera icya rimwe muri Leta 11 ku wa Kabiri wa Mbere wa Werurwe uzwi nka ‘Super Tuesday."

Undi mu biyamamaza wo mu ishyaka ry’aba Démocrates, Sanders, yashimiye Clinton ariko anongeraho ko igikorwa cyo kwiyamamaza kikiri ku ntangiriro yacyo.

Clinton yatsinze afite amajwi 270,574 angana na 73.5%, naho Sanders abona 95,536 ahwanye na 26.0%.

BBC yanditse ko abirabura umunani ku 10 bashyigikiye Hillary Clinton nk’uko byagaragaye muri ayo matora.

Sanders wanabaye umusenateri yabwiye abanyamukuru muri Leta ya Minnesota ko nyuma yo kwanikirwa na Clinton, agiye gushyira imbaraga mu matora yo kuwa Kabiri ‘Super Tuesday’. Ati “Muri politike, rimwe na rimwe uratsinda, ubundi ugatsindwa. Iri joro twatsinzwe.”

Muri Leta enye zimaze kuberamo amatora, Clinton yegukanye intsinzi muri eshatu; Iowa, Nevada n’ayo muri Carolina y’Epfo aho yaraye yanikiriye mukeba we, akaba yaratsinzwe na Sanders mu matora yabereye muri New Hampshire.

Hillary Clinton uhanganye na Benie Sanders mu matora yo guhagararira ishyaka ry'aba-Démocrates mu matora y'Umukuru w'Igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages