00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kibirira rwagenewe miliyoni 5Frw zo gusigasira amateka

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 13 May 2017 saa 10:21
Yasuwe :

Ikigo cy’Imisoro n’Amahor0(RRA), Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) n’Ibiro Bikuru by’Umugenzuzi w’Imari ya Leta(OAG), byakusanyije inkunga ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda yo gusana no gusigasira Urwibutso rwa Jenoside rwa Kibirira, ruherereye mu Murenge wa Gatumba, mu Karere ka Ngororero.

Urwibutso rwa Kibirira, rushyinguyemo imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside, isanga ibihumbi 25, harimo n’abihayimana biciwe muri paruwasi ya Muhororo.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 12 Gicurasi 2017, cyabanjirijwe no kwibuka no guha icyubahiro, imibiri y’abatutsi bishwe bakajugunywa muri Nyabarongo, ahubatse urwibutso ruriho amazina y’abishwe basaga 400, nyuma abakozi b’ibyo bigo n’abayobozi b’Akarere bakomereza ku rwibutso rwa Kibirira, aho basobanuriwe amateka y’aka karere ya mbere no mu gihe cya Jenoside.

Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, yagarutse ku buryo abakoze Jenoside batandukiriye, bakitandukanya na Bibiliya n’Imana bakica abo yaremye.

Yagarutse ku buryo abantu bagiye bakwirakwiza ingengabitekerezo zibiba urwango n’amacakubiri mu banyarwanda, aho hagenwaga ibintu bitandukanya abatutsi n’abandi banyarwanda, avuga ko uko gukwirakwiza ibyo binyoma aribyo byaganishije kuri Jenoside.

Ibi bigo byatanze inkunga ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda agenewe gusana urwibutso.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godfroid yashimye iyi nkunga agira ati “Ntitwabiteganyaga ariko muraturemeye, ni ikimenyetso gikomeye cy’urukundo n’umutima mwiza. Bitweretse ko muturi hafi.”

Akarere ka Ngororero gafite inzibitso za Jenoside zisaga zirindwi, harimo urwa Kibirira, Kesho, Nyange, Ngororero n’izindi zishyinguyemo imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside isaga ibihumbi 52.

Uretse iyi nkunga yatanzwe, ibi bigo byanagize uruhare mu gufasha imiryango y’abarokotse Jenoside muri aka karere kubona amacumbi, kuboroza n’ibindi.

Abaturage bari bifatanyije n'abakozi b'ibi bigo mu muhango wo kwibuka kuri Paruwasi ya Muhororo
Ndayambaje Godfroid, Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero na Obadiah Biraro bashyira indabo ku rwibutso
Perezida wa Komisiyo y'Amatora, Kalisa Mbanda na Perezida wa Njyanama y'Akarere ka Ngororero bashyira indabo ku rwibutso
Abakozi b'ibigo byombi mu muhango wo kwibuka
Obadiah Biraro aha sheke ya miliyoni eshanu Meya Ndayambaje
Obadiah Biraro yasobanuye uko abakoze Jenoside batandukiriye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages