00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rwategetse ko Dr Rose Mukankomeje afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Yanditswe na

Rabbi Malo Umucunguzi

Kuya 1 April 2016 saa 11:54
Yasuwe :

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Dr Rose Mukankomeje, Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije, REMA, afungwa iminsi 30 y’agateganyo, nyuma y’uko rwasanze hari impamvu zikomeye zatanzwe n’Ubushinjacyaha zituma ataburana ari hanze.

Ni umwanzuro watangajwe kuri uyu wa Gatanu ababuranyi ku mpande zombi batari mu cyumba cy’iburanisha, haba uregwa, Dr. Rose Mukankomeje cyangwa Ubushinjacyaha.

Mu iburanisha riheruka ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo kuwa 30 Werurwe, Ubushinjacyaha bwavuze ko mu gihe hakorwaga iperereza ku byaha bya ruswa byakekwaga ku bayobozi b’Akarere ka Rutsiro, Urwego rw’Umuvunyi rwaketse ko hari abantu bari gushakisha uburyo abo bayobozi barekurwa byanashoboka bagacikishwa.

Umushinjacyaha ku rwego rw’igihugu yaje gutanga uburenganzira bwo kumviriza telefoni ya Bisamaza Prudence (rwiyemezamirimo ufite ikigo gikorana na REMA mu kurwanya ko amashashi yinjira mu Rwanda) n’uwitwa Twagirayezu Sosthene.

Mu biganiro byumvirijwe, niho hatahuwemo uwavuzwe ko ari Dr. Mukankomeje, mu bihe bitandukanye, abwira Bisamaza ko yumvirizwa n’urwego rw’Umuvunyi, ku buryo abishoboye yanahindura telefoni.

Muri iryo jwi nyir’ubwite adahakana, niho Ubushinjacyaha bwavanye ibyaha bitatu; Ubufatanyacyaha mu kumena ibanga ry’akazi, kuba gatozi mu gusibanganya ibimenyetso no kuba gatozi mu gusebya inzego za leta.

Dr. Mukankomeje yireguye avuga ko yaburiraga Bisamaza kutivanga mu idosiye ikurikiranwe n’inkiko, kuko ngo yari yarigeze kwishingira Murenzi Thomas wari Umunyamanbanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Rutsiro agafungurwa, akaba yari agiye kubigerageza bwa kabiri.

Kuri uyu wa Mbere Mata, Urukiko rwavuze ko rusanga kuba Dr Mukankomeje adahakana amagambo yabwiye Bisamaza ati “ndabikubwira nk’uwabibwiwe”, ayo magambo agaragaza ubufatanyacyaha mu kumena ibanga ry’akazi.

Ku cyaha cyo gusebya inzego za leta, Urukiko rwavuze ko kuba yaravuze ati “bariya bagabo barasaze, barashaka ibihanga,” agakurikiza ho ati “bariya bantu bo ku Rwego rw’Umuvunyi”, ari impamvu ikomeye yatanzwe n’Ubushinjacyaha ko icyaha gishobora kuba cyarabayeho.

Ku cyaha cyo gusibanganya ibimenyetso, Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba Mukankomeje yarabwiye Bisamaza ko ashobora no guhindura telefoni, akanamubwira ko baza kongera kuvugana, bigaragaza ko hari n’ibindi yamubwiye kugeza ubwo yatorokaga iperereza ritararangira.

Urukiko rwavuze ko kuba ijwi ryashingiyeho mu kurega Mukankomeje harimo ko “avuga amagambo nk’uwayabwiwe”, byumvikana ko hari aho yayavanye n’ubu hagishakishwa, ku buryo arekuwe ashobora kubangamira icyo gikorwa.

Nyuma yo gusobanura impamvu zinyuranye rushingiyeho, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Dr Rose Mukankomeje afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ubwo Mukankomeje yitabaga urukiko bwa mbere haburanwa ku ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo

Soma inkuru bifitanye isano


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages