00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urugaga Nyarwanda rw’Inzobere mu Bidukikije rwabonye abayobozi bashya

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 2 February 2025 saa 06:18
Yasuwe :

Inama y’inteko rusange y’abanyamuryango b’Urugaga Nyarwanda rw’Inzobere mu Bidukikije, RAPEP, yatoreye Jean Paul Ndayisabye kuyobora uru rugaga mu gihe cy’imyaka itatu, abizeza ubufatanye no gukomeza kongera ubushobozi bwarwo.

Ni inama yateranye ku wa 31 Mutarama 2025, yareberaga hamwe uko raporo y’umwaka yagenze, hanatorwa komite nyobozi nshya igizwe na Perezida Jean Paul Ndayisabye, Visi Perezida aba Camille Nyamihana, Umunyamabanga agirwa Emelyne Kayitaramirwa n’abajyanama babiri.

Jean Paul Ndayisabye wari usanzwe ari Visi Perezida wa RAPEP muri komite icyuye igihe, yagaragaje ko yishimiye kuba abanyamuryango bamubonyemo ubushobozi, abizeza kwitangira urugaga kugira ngo rukomeze rutere mbere.

Ati “Ubu mfite inshingano zo gushaka ubushobozi bwigiye hejuru atari ukubukura mu banyamuryango kugira ngo umuryango waguke, mbijeje kandi ubufatanye, kubitangira, gukora cyane no kugaragaza isura y’umuryango guhera ku rwego rw’igihugu kugeza ku rwego mpuzamahanga.”

Umunyamuryango wa RAPEP, Karekezi Wede Emmanuel, yavuze ko afitiye icyizere abayobozi bitoreye, kandi ko bazakomeza gufasha ubuyobozi kwesa imihigo bwihaye.

Ati “Abatowe turabasaba kwigomwa kuko ni akazi gasaba umwanya uhagije, turabasaba kandi kugisha inama bakumva ibyo abanyamuryango dukeneye, tugakomeza gutera imbere mu buryo butunogeye twese.”

Emerance Nyirangoga yavuze ko yizeye ko abatowe bazajya babatekerereza ibyiza ariko batabafatiye imyanzuro kuko iba ukwiye kuganirwaho.

Ati “Twabatoye tubabonamo ubushobozi, ndabasaba gukomeza kudushakira amahugurwa menshi, urugaga rwacu tukarumenyekanisha, abantu benshi hano hanze bakarumenya, n’abana batazi ko ruhari bakaza bakabimeya, tugahuriza hamwe ibiterekerezo kugira ngo dukomeze tubungabunge ibidukikije.”

Uwari Perezida wa RAPEP, Ngendahayo Richard yasezeranyije uwaje kumokorera mu ngata gukomeza kumuba hafi, kandi ko azakora uko ashoboye kugira ngo umuryango ukomeze gutera imbere.

Kugeza uyu munsi, RAPEP imaze imyaka umunani ikora, aho ifite abanyamuryango barenga 300 bari mu byiciro bitatu birimo abahanga kurusha abandi n’abakizamuka.

RAPEP kandi igizwe na kompanyi zigera kuri 86, ari na zo zikora akazi kenshi ko gutunganya inyigo nsuzumangaruka ku bidukikije n’ubuzima bw’abantu ku mishinga itandukanye y’iterambere ry’igihugu.

RAEP igizwe n'abanyamuryango barenga 300
Amatora yabaye mu mucyo no mu bwisanzure
Visi Perezida Camille Nyamihana, yishimiye abanyamuryango bamutoye
Emelyne Kayitaramirwa watorewe kuba umunyamabanga yasezeranyije abanyamuryango ubwitange mu kazi kabo
Uwatorewe kuba Perezida wa RAPEP, Jean Paul Ndayisabye, yabwiye abanyamuryango ko bazakomeza gufatanya kugira ngo bateze imbere urugaga
Uwari Perezida wa RAPEP, Ngendahayo Richard yasezeranyije uwaje kumokorera mu ngata gukomeza kumuba hafi
Komite nyobozi nshya yatowe yiyemeje guharanira iterambere ry'urugaga

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .