00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rwibumbiye muri JCI rwihaye umukoro wo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 18 February 2019 saa 08:17
Yasuwe :

Umuryango w’urubyiruko ruharanira impinduka nziza ku Isi (JCI Rwanda), wiyemeje gufasha urubyiruko kugera ku bikorwa by’iterambere no kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Uyu mukoro wagarutsweho mu musangiro wahuje abanyamuryango ba JCI ku mugoroba wo ku wa 15 Gashyantare, wabereyemo n’umuhango wo guhererekanya ububasha ku bayobozi bashya n’abacyuye igihe.

Umuyobozi wa JCI Rwanda, Nishimwe Gloria, yavuze ko ‘Umuryango ufite intego yo kugaragaza impinduka mu baturage, uyu mwaka ukazibanda ku guteza imbere urubyiruko n’imibereho myiza y’abaturage’.

Ati “Hari amahugurwa tuzafashamo urubyiruko, rukabona ko rushoboye, tukaruha n’izindi nyigisho zatuma rutera imbere rukagira ubunyamwuga, rukamenya kumenyekanisha ibikorwa byarwo kandi rukamenya gukorana n’abandi.”

Yakomeje agira ati “Hari undi mushinga twiyemeje wo gufasha urubyiruko gutangiza imishinga yabo, rukerekana icyo rushoboye. Aha dufite amarushanwa yo kwerekana ibyo bakora, abagize ibyo bageraho bakabera abandi urugero.”

Iki gikorwa kigamije gushimira urubyiruko rufite imishinga igirira akamaro abaturage benshi mu Rwanda kandi igafashwa no kumenyekanishwa ku rwego mpuzamahanga.

Nishimwe yasobanuye ko uretse gufasha umuntu ku giti cye hari n’indi mishinga izagirira inyungu abaturage benshi, cyane cyane igamije kuzamura imibereho myiza.

Umuyobozi w’ikigo The CEO Ltd, Mugisha Pascal, wanabaye Perezida wa JCI Rwanda mu 2013, yavuze ko uyu muryango wakoze byinshi birimo guhugura abanyeshuri ku bisabwa kugira ngo batangize imishinga, aho kurangiza kwiga ngo bategereza kuzahabwa akazi.

Yasobanuye ko mu gihugu bahuguye urubyiruko rusaga 650, bamwe bibagirira akamaro, bavamo ba rwiyemezamirimo bakomeye.

Umunyamuryango wa JCI Rwanda, Cyuzuzo Pacifique, yavuze ko ‘Ubumenyi yungukiyemo bushingiye ku nkingi za JCI zirimo kugira ibikorwa bifasha abaturage’.

Ati “Ikindi nungukiyemo kijyanye no kwihangira umurimo ari nabyo byamfashije kuba ndi aho ndi ubu, mbasha gufata ubumenyi nari mfite mbushyira mu bikorwa.”

Cyuzuzo ni rwiyemezamirimo mu bijyanye n’amazi n’amashanyarazi, avuga ko kuba muri JCI bimufasha guhura n’abantu bungurana ibitekerezo biganisha ku iterambere n’imibereho myiza.

Mu bindi bikorwa JCI Rwanda yagiye igaragaramo bifasha abaturage kuzamura imibereho myiza harimo no kwishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza.

JCI ni umuryango w’urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 40, umaze imyaka 102 ku Isi ariko mu Rwanda yatangiye kuhakorera mu 2005, ihafite abanyamuryango barenga 300.

Abanyamuryango wa JCI Rwanda batanze ikiganiro kigaruka ku kugira uruhare mu bikorwa bifasha abaturage bababaye no kudacika intege mu byo bakora
Abayobozi ba JCI Rwanda bagiye guhererekanya ububasha
Abayoboye JCI Rwanda kuva itangijwe kugera uyu munsi
Fabrice Shema Ngoga wabaye Visi Perezida wa JCI Rwanda ari kuganiriza abanyamuryango
Bamwe mu bayobozi ba JCI mu musangiro
Bamwe mu bayobozi ba JCI Rwanda na ba rwiyemezamirimo bari kuganiriza urubyiruko uko rwagira uruhare mu bikorwa bifasha abababaye
JCI imaze imyaka isaga 102 ku Isi
JCI Rwanda ifite abanyamuryango barenga 300
Komite nshya ya JCI Rwanda yarahiriye inshingano nshya
Perezida wa JCI Rwanda ucyuye igihe, Uwajeneza Clement, yari yitabiriye umusangiro
Rwiyemezamirimo akaba n'Umunyamuryango wa JCI Rwanda, Tony Ntore, ari mu baganirije abanyamuryango
Umuyobozi mushya wa JCI Rwanda, Nishimwe Gloria, ari kurahira
Umuyobozi wa JCI Rwanda, Nishimwe Gloria, aherezwa ububasha
Urubyiruko rwari rwitabiriye umusangoro w'abanyamuryango ba JCI Rwanda

Amafoto: Niyonzima Moise

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages