00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rusaga ibihumbi 20 rugiye kongererwa ubumenyi mu ikoranabuhanga

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 27 February 2025 saa 09:47
Yasuwe :

Urwego rushinzwe guteza imbere ikoranabuganga mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, ICT Chamber rwatangije gahunda y’imyaka ibiri, yo kongerera ubumenyi mu by’ikoranabuhanga urubyiruko rusaga ibihumbi 20, hagamijwe kurufasha kubona imirimo no kuyihangira.

Ni gahunda yatangijwe kuri uyu wa 26 Gashyantare 2025. Byitezwe ko nibura abasoje amasomo bazabona akazi ku kigero cya 20% mu mezi atandatu.

Iyi gahunda yiswe “Digital Talent Program” byitezwe ko izahugura urubyiruko rugera ku bihumbi 20 mu myaka ibiri iri imbere, aho uturere 15 tw’u Rwanda ari two tuzaherwaho. Ku ikubitiro yatangijwe mu bigo by’urubyiruko bitanu.

Urubyiruko ruzajya rwigira ku ikoranabuhanga binyuze mu buryo bw’iyakure n’imbonankubone bitewe n’ikirworoheye, ku bufatanye n’Ikigo IHS Towers Group, Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo na Minisiteri y’Urubyiruko.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Iradukunda Yves, yavuze ko iyi gahunda yashyizweho kubera ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu iterambere ry’igihugu.

Ati “Isi iragenda itera imbere kandi bigaragara ko urubyiruko rwacu rukeneye ubumenyi mu ikoranabuhanga. Ibi bizabafasha kubona akazi haba mu Rwanda cyangwa hanze y’igihugu ndetse binabafashe kwihangira imirimo binyuze mu guhanga udushya.”

Yongeyeho ko igihugu cyihaye intego yo kwigisha abagera kuri miliyoni imwe mu myaka itanu, kugira ngo babe bafite ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo haba iryo mu Rwanda ndetse na mpuzamahanga.

Iradukunda yasobanuye ko igihugu gikeneye gushyira imbere ubumenyi mu by’ikoranabuhanga nk’inkingi y’iterambere rigezweho, ahamya ko rifungura amahirwe atagira imipaka aho umuntu ashobora kwiga no gukora akazi ari mu rugo, ariko agakoresha ubumenyi bwe mu gukorera ibigo byo mu mahanga.

Umuyobozi Mukuru wa ICT Chamber, Ntale Alex, yavuze ko amahirwe ahari ku rubyiruko, arusaba kuyabyaza umusaruro.

Ati “Amahirwe yo mu ikoranabuhanga ntiyagusaba kwambuka imipaka cyangwa kwiruka hirya no hino. Iyo ubonye ubumenyi bukwiye, Isi uyibyaza umusaruro wiyicariye, Nubwo tudakora ku nyanja, ikoranabuhanga riduha ubushobozi bwo kuroba mu nyanja.”

Urubyiruko rugaragaza ko iyo gahunda izarufasha byinshi birimo no kongera ubumenyi mu ikoranabuhanga, kwihangira imirimo nk’uko Niyomugabo Gilbert yabivuze.

Niyomugabo yasobanuye ko ibyo bigiye gukemura imbogamizi bahuraga nazo zo kutabona ubumenyi buhagije kuri mudasobwa, no gukoresha neza internet.

Iyi gahunda igamije kunganira igihugu mu ntego gifite yo kugira abaturage barenga ibihumbi 500 bafite ubumenyi buhambaye mu ikoranabuhanga, n’abandi miliyoni imwe bafite ubumenyi mu gukora porogaramu za mudasobwa bitarenze 2029.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Iradukunda Yves, yavuze ko iyi gahunda yashyizweho kubera ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu iterambere ry’igihugu
Kuri Club Rafiki i Nyamirambo hafunguwe ishuri rizafasha urubyiruko kongera ubumenyi mu birebana n'ikoranabuhanga
Urubyiruko rwasabwe kubyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho
Umuyobozi mukuru wa ICT Chamber, Ntale yavuze ko amahirwe ku rubyiruko ahari ahubwo rwayabyaza umusaruro
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, Ngabo Brave Olivier yasabye urubyiruko gushyiramo imbaraga rukazabona akazi
Hateguwe n'ahantu bazajya bahugurirwa mu bijyanye n'ikoranabuhanga
Abayobozi batandukanye bitabiriye icyo gikorwa
Mu bitabiriye itangizwa ry'ibyo bikorwa harimo n'abiga muri Kaminuza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .