00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko 237 rwatangiye Itorero Imbuto Zitoshye

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 17 August 2026 saa 07:41
Yasuwe :

Urubyiruko 237 rugizwe n’abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation, rwatangiye Itorero Imbuto Zitoshye, icyiciro cya gatatu, rigamije kurutoza indangagaciro z’Ubunyarwanda, gukunda Igihugu no kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.

Iri torero ryatangijwe ku wa 16 Kanama 2026 mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, mu Karere ka Burera, rikazageza ku wa 25 Kanama 2026.

Iki cyiciro kigizwe n’abahungu 89 n’abakobwa 148, bose bari abanyeshuri bafashwa na Imbuto Foundation binyuze muri gahunda ya ‘Edified Generation Scholarship Programme. Iki cyiciro ni icy’abasoje amashuri yisumbuye mu 2025/2026.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Imbuto Foundation, Muhire Alexis, yibukije uru rubyiruko ko kwiga no gutsinda mu byo rwiga ari ingenzi, ariko byonyine bidahagije.

Ati “Kuba umusore cyangwa umukobwa w’Umunyarwanda bisaba kugira intego, gukora cyane, kubaha, kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi. Hari ikibazo gikomeye tutareka kuvugaho cy’ubusinzi, ibiyobyabwenge, kwifata nabi n’izindi ngeso zishobora kwangiza ubuzima n’ejo hazaza h’urubyiruko.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yagaragaje ko mu muco itorero ryari ishuri ry’umuco n’indangagaciro nyarwanda, aho Abanyarwanda bahuriraga kugira ngo bigishwe indangagaciro, ubupfura, gukunda igihugu no kwitangira abandi.

Yakomeje avuga ko ibyo ari byo biteze muri uru rubyiruko.

Ati “Ni na yo ntego y’iri torero, gutegura Abanyarwanda bakiri bato bafite indangagaciro zubaka, bafite ubumenyi n’ubushake bwo gukorera igihugu cyabo bakagiteza imbere.”

Imbuto Zitoshye ni Itorero ryatangijwe mu 2024 na Imbuto Foundation, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), aho kuva ryatangira rimaze gucamo urubyiruko 384.

Ni itorero ricamo urubyiruko rw’abanyeshuri ruterwa inkunga na Imbuto Foundation mu myigire no kwiteza imbere. Intego yaryo ni ugutoza uru rubyiruko indangagaciro z’Ubunyarwanda, ubupfura, gukunda igihugu, ubwitange no kurutegura kuzaba abayobozi n’abaturage bafite uruhare rugaragara mu iterambere ry’u Rwanda.

Abasore n’inkumi 237 batangiye itorero Imbuto Zitoshye
Urubyiruko rujya mu Itorero Imbuto Zitoshye ni urufashwa na Imbuto Foundation
Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Imbuto Foundation, Muhire Alexis, yibukije urubyiruko ko kwiga bidahagije, ahubwo rugomba no kugira indangagaciro
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde yasabye urubyiruko kuzaba abantu bagirira igihugu akamaro
Abayobozi batandukanye batangije Itorero Imbuto Zitoshye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages