Abunganira Prof. Karuranga bibukije umucamanza ko yagombaga kuburana bwa mbere ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ku itariki 20 Nyakanga 2020 byimurirwa kuwa 27 Nyakanga bitewe n’uko yari mu kato.
Kuri iyo tariki na bwo ntirwabaye rwimurirwa uyu munsi ariko nabwo ntirwaba. Abahagarariye Ubushinjacyaha bahise babwira urukiko ko Isi n’u Rwanda rurimo byugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, bavuga ko Prof. Karuranga Egide yagiye gupimwa Coronavirus kandi ko upimwe ahita ashyirwa mu kato k’iminsi 14.
Ubushinjacyaha bwahise busaba Urukiko ko Prof. Karuranga Egide yazagaragara mu Rukiko nibura nyuma y’iminsi 14.
Abunganizi ba Prof. Karuranga barimo Me Kiloha Olivier babwiye Umucamanza ko ibyo Ubushinjacyaha bwavuze bitahabwa agaciro kuko uwo bunganira yagombaga kuburana ku wa 20/07/2020.
Yahise abaza ubushinjacyaha impamvu basaba iminsi 14 ngo umukiriya wabo aburane kandi icyo gihe iminsi 30 asabirwa gufungwa y’agateganyo izaba yararangiye.
Urukiko rwasuzumye inzitizi kw’ibura rya Prof. Karuranga, Umucamanza avuga ko urukiko rwasanze impamvu atabasha kuboneka ari uko afungiye kuri sitasiyo ya polisi iri ku Kicukiro kandi ikaba iri mu kato mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
Yavuze ko ari cyo gituma adashobora kurekurwa ngo yitabe urukiko kandi ko ntawabirenganyirizwa kuko ari icyorezo cyugarije Isi cyabiteye.
Yavuze kandi ko bitewe n’uko Prof Karuranga yagombaga kuburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo atemerewe no guhagararirwa nk’uko biteganywa n’amategeko.
Ku bw’izo mpamvu, umucamanza yavuze ko urukiko rwasanze inzitizi zatanzwe n’abunganira Prof, Karuranga Egide zitahabwa agaciro kandi ko ataburanishwa mu gihe atitabye urukiko.
Umucamanza yavuze ko urukiko rwanzuye ko urubanza rwa Prof Karuranga rusubikwa rukazasubukurwa kuwa 13 Kanama 2020.
Prof.Karuranga Egide wahoze ayobora Kaminuza ya Kibungo iherutse gufungwa, yatawe muri yombi kuwa 3 Nyakanga 2020, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro, gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango cyangwa icyenewabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!