Ku wa 11 Nzeri 2026 ni bwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.
Nyuma yaho ku mbuga nkoranyambaga hahise hazenguruka ubutumwa bwerekana ko UR yatangiye kwakira ubusabe bw’abifuza kuyigamo.
Byatumye ku wa 12 Nzeri 2026, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, UR inyomoza ayo makuru ivuga ko ari ibihuha kuko itari yatangira kwakira ubusabe bw’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye.
Yagize iti “Urubuga rwo gusabiraho ubusabe bwo kwiga muri kaminuza yacu ntabwo rurafunguka. Ntabwo tujya twakira ubusabe binyuze mu bundi buryo butari ubwo guca kuri urwo rubuga rwacu rwabugenewe.”
Kaminuza y’u Rwanda yakomeje isaba abantu kwirinda ubu butumwa bubayobya ndetse ko uwagira ikibazo yasura ishami ryabo rimwegereye.
Muri rusange mu banyeshuri biyandikishije gukora ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye bari 108.732 barimo abakobwa 55,05% n’abahungu 44,95%.
Abakoze ibizamini bya leta ari 108.406 barimo 102.261 batsinze bangana na 94,33%. Mu bahungu, hatsinze 95,94%, mu bakobwa hatsinda 93,02%.
🚨 ADMISSION APPLICATION ALERT
Our admission application portal is not yet open. We do not accept applications through any forms or other channels. All applications must be submitted through the official online portal once it opens.
⚠️ Please disregard any messages claiming… pic.twitter.com/MxiKrZjEJF
— University of Rwanda (@Uni_Rwanda) September 12, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!