Iyi nzu yafashwe n’inkongi ahagana saa tatu n’igice z’igitondo ikoreramo isomero rizwi nka Librarie Ikirezi, gusa ryo ntiryagezweho n’iyi nkongi kuko ishami rya polisi rishinzwe kuzimya umuriro ryahise rigoboka.
Pasteur Bizimungu wigeze kuyobora u Rwanda, ny’ir’inzu yafashwe n’iyo nkongi yatangarije IGIHE ko ahuye n’igihombo, ariko ko ashimira polisi uburyo yamugobotse.
Yagize ati “ Byadutunguye kuko ntabwo twakekaga ko impanuka nk’iyi yashoboraga kuba, twabyakiriye nabi kuko tutari tubyiteze, ariko polisi yashoboye kuza vuba vuba, ifatanya n’ubushobozi twari dufite. Hari imodoka zirenze eshatu za polisi kandi bamaze igihe kirenze isaha barimo kurwana n’uyu muriro. Badutabaye rero vuba vuba, ngira ngo biri buze gutungana.”
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali,Supt. Hitayezu Emmanuel yavuze ko bakimara kumenyeshwa amakuru bihutiye gutabara, umuriro utaragera ku yindi ntera.
Supt. Hitayezu yavuze ko igikekwa kuba nyirabayazana w’iyo nkongi ari ibikorwa byo gusana iyo nzu byakorerwagamo birimo gusudira, nubwo igiye gutangira iperereza ngo imenye icyayiteye.
Ku bakora ibikorwa byo kubaka bagomba gukoresha ibyujuje ubuziranenge, hagakoreshwa n’abakozi bafite ubumenyi buhagije mu byo bakora.
Inyubako ifite icyapa KG5, Ave 13 yibasiwe n’iyo nkongi iherereye mu kahari ka Kamukina mu Murenge wa Kimihurura. Yari ifite ubwishingizi ndetse n’ikoranabuhanga ryo gutabaza igihe ribonye umwotsi.
Harakekwa ko ibyangirikiyemo bifite agaciro ka miliyoni ziri hagati ya 30 na 40 z’amafaranga y’u Rwanda, birimo mudasobwa zigendanwa n’ibindi bikoresho byo mu biro n’iby’isuku nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa IFDC.
Amafoto:Luqman Mahoro



















TANGA IGITEKEREZO