00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusirikare udafite ubuzima bwiza ntashobora kurinda igihugu- Maj Gen Vincent Nyakarundi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 7 September 2025 saa 08:40
Yasuwe :

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yifatanyije n’abasirikare bo muri Brigade ya 503 ibarizwa muri Diviziyo ya Kabiri, mu rugendo rw’imyitozo rwabereye mu Karere ka Musanze, aho yabibukije ko umusirikare udafite ubuzima bwiza adashobora kurinda u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda.

Urugendo rw’ibilometero 26 aba basirikare bakoze, rwatangiriye mu Kigo cya gisirikare cya Kinigi, banyura mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, Ibiro by’Umurenge wa Musanze, rukomereza ku Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES Ruhengeri, nyuma ruza gusozwa basubira mu nzira banyuze.

Iyi myitozo yakozwe mu rwego rwo gukurikiza inama ziheruka gutangwa n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, ukunze gusaba ko abasirikare ba RDF bagomba guhora bitabira imyitozo ngororamubiri kubera ko ibafasha kugira ubuzima bwiza.

Ubwo Maj Gen Nyakarundi, yaganirizaga aba basirikare babarizwa muri Brigade ya 503, yababwiye ko umusirikare udafite ubuzima bwiza, adashobora kurinda neza igihugu.

Yakomeje avuga ko intege nke z’umubiri zituma umuntu ntacyo yakwigezaho, ko gukora imyitozo bidakwiriye kuba mu rwego rwo kwitegura intambara gusa ahubwo ko binagira ingaruka nziza mu buzima rusange.

Urugendo rw’ibilomterero 26 aba basirikare bakoze, rwatangiriye mu Kigo cya gisirikare cya Kinigi
Abasirikare babarizwa muri Brigade ya 503 bakoze urugendo rw'imyitozo rwazengurutse ibice bimwe bya Musanze
Maj Gen Vincent Nyakarundi yasabye abasirikare gukora imyitozo ngororamubiri kubera ko batayikoze byabagora kurinda Abanyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages