00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuryango Bohoka Tuganire wahuguye abagera kuri 20 ku kwihangira umurimo

Yanditswe na Rachel Muramira
Kuya 10 February 2025 saa 02:09
Yasuwe :

Umuryango ‘Bohoka Tuganire’ washinzwe n’urubyiruko hagamijwe kwita ku buzima bwo mu mutwe, kubungabunga ubusugire bw’umuryango Nyarwanda ndetse no kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubarizwa mu Karere ka Kicukiro, watanze amahugurwa ku bantu 20 batishoboye, bigishwa kwihangira umurimo kugira ngo bikure mu bukene.

Mu nama yahuje abafatanyabikorwa b’Akarere Ka Kicukiro yabaye ku wa 13 Ukuboza 2024, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi, yatangaje ko gafite abatishoboye bangana na 11.302, Umurenge wa Kicukiro ukagiramo 253.

Umuryango Bohoka Tuganire wahise wiha intego yo guhugura bamwe mu batishoboye bakigishwa uko bakwihangira umurimo bikura mu bukene, ku ikubitiro uhugura 20.

Nk’uko bigarukwaho n’Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango, Nshimyumuremyi Vedaste, hahuguwe abantu 20 batoranyijwe mu Murenge wa Kicukiro binyuze muri gahunda yiswe “Humanity Ubumuntu”, bigishwa kuba ba rwiyemezamirimo, banahuzwa n’inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe.

Ingabire Frida, Ishimwe Christella na Mukarubibi Dancille babigishije uko bakwiyitaho, mu gihe DJ Yash yabahuguye ku rurimi rw’Icyongereza.

Umuyobozi wa Bohoka Tuganire, Nshimyumuremyi Vedaste, yibukije abahuguwe amahirwe yo guhabwa aya masomo ku buntu ndetse ko gukira biri mu biganza byabo, ahubwo ko basabwa gutinyuka bagakora kuko gutera imbere byo bishoboka.

Ati “Ni amahirwe atangaje mwabonye yo guhugurwa. Ni ahanyu rero mugakura amaboko mu mifuka mugakora kandi mugatera imbere, mwifashishije amasomo mwahawe mu mahugurwa. Gutera imbere birashoboka, hari ingero zifatika.”

Uhagarariye Polisi mu Karere ka Kicukiro, IP Nishimwe Liliane, yasabye abahuguwe kwigirira icyizere bakiyubaka bubaka n’igihugu. Yabigarutseho abasaba kubyaza umusaruro amahirwe babonye bigishwa kwihangira umurimo, ndetse bakita ku buzima bwo mu mutwe nka kimwe mu bishoro bafite mu buzima.

Ati “Ubuzima bwo mu mutwe bwitabweho cyane kuko ni cyo gishoro cya mbere mufite mu byo mukora byose. Aya masomo muhawe muyabyaze umusaruro muhanga umurimo, mube ingirakamaro ku Rwanda, maze twiyubakire ahazaza hazira amakimbirane mu miryango.”

Abahuguwe bagaragaje imbamutima zabo nyuma yo guhugurwa. Batangaza ko bagiye gukora iyo bwabaga bagahindura ubuzima n’imibereho byabo. Umwe mu bahuguwe, Burasa Charles, yavuze ko amasomo bize yabaheshe impamyabushobozi, agiye kubyazwa umusaruro bakiteza imbere bidatinze.

Ati “Amasomo twize adukangurira kwihangira umurimo ntazapfa ubusa, tugiye kuyabyaza umusaruro twiteze imbere, tutibagiwe ko n’ubuzima bwo mu mutwe bukwiye kubungabungwa.”

Nkengurutse Eric wigishije amasomo ajyanye no kwihangira umurimo mu mahugurwa, ari mu bashimiwe ubwitange yagaragaje.

Umuryango Bohoka Tuganire washinzwe n’urubyiruko mu 2021 hagamijwe kwita ku buzima bwo mu mutwe, gusigasira ubumwe bw’umuryango Nyarwanda no kwirinda ibiyobyabwenge.

Eric Nkengurutse ni we wigishije amasomo ajyanye no kwihangira umurimo
Uhagarariye Polisi mu Karere Ka Kicukiro, IP Nishimwe Liliane, yasabye abahuguwe kwigirira icyizere bakiyubaka bubaka n’igihugu
DJ Yash yabahuguye abitabiriye aya mahugurwa ku rurimi rw'Icyongereza
Mu nama abahuguwe bahawe harimo no kwizera Imana bakayiragiza imigambi yabo yose
Umuryango Bohoka Tuganire wahuguye abarenga 20 ku kwihangira umurimo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .