Icyakora, nta ruhande na rumwe rwigenga rwemeje iyo mibare, kuko ibihugu byombi bikomeje gutangaza imibare itandukanye ku gihombo biri kugira mu ntambara imaze imyaka igera kuri itanu ibihanganishije.
U Burusiya na bwo bwakomeje kumisha ibisasu bikomeye ku bice bitandukanye bya Ukraine.
Minisiteri y’Ingabo ya Ukraine yavuze ko u Burusiya bwakoresheje ibisasu 8.300 bizwi nka ‘glide bombs’ mu kwezi kwa Nyakanga. Ni ibisasu indege irasira kure itaragera mu kirere cy’umwanzi bikijyana. Ni umubare munini w’ibisasu byarashwe mu kwezi kumwe kurusha ikindi gihe cyose.
Ukraine ivuga ko ubushobozi bwayo bwo guhangana n’ingabo z’u Burusiya buri kwiyongera, bitegerejwe ko u Burusiya bushobora kuzahamagaza abasirikare b’inkeragutabara bagera kuri miliyoni Ukwakira.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yavuze ko muri Nyakanga gusa, drones za Ukraine zagize uruhare mu gutuma abasirikare b’u Burusiya bagera ku 30.272 bagira ibibazo birimo gukomereka cyangwa kwicwa.
Perezida Zelenskyy aherutse kubwira Fox News ko igihugu cye kimaze gutakaza abasirikare bagera ku 450.000, muri bo abagera ku 50.000 bakaba barapfuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!