00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko byifashe i Nazareti aho Bikira Mariya yabwiriwe ko azabyara Yezu (Amafoto na Video)

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 22 December 2024 saa 03:03
Yasuwe :

Muri Bibiliya Ntagatifu mu gitabo cyanditswe na Luka ku mutwe wa 1 ku murongo wa 27, handitse hati “Malayika Gaburiyeli atumwa n’Imana, mu Mujyi wo mu Galileya witwa Nazareti ku mukobwa w’isugi wari warasabwe n’umusore witwa Yozefu, wo mu muryango wa Dawudi; uwo mukobwa yitwaga Mariya.”

Bibiliya ikomeza ivuga ko Gaburiyeli yahageze akabwira Maliya ati “Ndakuramutsa, mutoni w’Imana; Nyagasani ari kumwe nawe.” Undi ngo yumvise ayo magambo, arikanga, yibaza icyo iyo ndamukanyo ivuga.

Malayika yamubwiriye ko agiye gusama inda, akazabyara umwana w’umuhungu uzaba umucunguzi w’Isi. Aho ibyo byabereye ni mu Majyaruguru ya Israel mu Mujyi wa Nazareti, mu rugendo rw’amasaha agera kuri atatu uturutse i Yeruzalemu mu Murwa Mukuru wa Israel.

Ni umujyi muto, uri mu misozi. Nturangwamo isuku nyinshi nk’ibindi bice byo muri Israel, inzu zaho ntizishamaje cyane. Umubare munini w’abaturage bo muri uyu Mujyi ni Abayisilamu. Ni nawo mujyi mugari utuyemo Abarabu muri Israel.

Nubwo bimeze bityo, Abakirisitu n’Abayisilamu babana mu mahoro nta ntugunda bagirana, kandi buri ruhande rwubaha amateka y’abandi.

Iyo uhagaze, kimwe mu bintu ubona, ni insengero hirya no hino ziganjemo izabemera Kristu nk’Umwami n’Umukiza. Uzahabona iz’Aba Methodiste, insengero nini z’Aba-Baptiste, Aba-Orthodoxe n’abandi.

Kuri uyu musozi, Gaburiyeli yatangiyeho ubwo butumwa, hari Kiliziya y’amabonekerwa. Ni kiliziya yubatswe mu 1956 n’umuhanga witwa Giovanni Muzio
agamije gushyiraho urusengero rufasha abantu baturutse ku Isi yose kubona ibijyanye n’ubutumwa Bikira Mariya yahawe.

Iyi Kiliziya y’amabonerwa ya Bikira Mariya, ni kimwe mu bikorwa bikurura ba mukerarugendo b’impande basura Israel by’umwihariko Nazareti.

Ukihagera, usanganirwa n’amashusho agaragaza Bikira Mariya yakorewe mu bihugu bitandukanye by’Isi bijyanye n’uko bamwemera. Ibihugu yaba ibyo muri Afurika, mu Burayi no muri Amerika y’Epfo byemera Bikira Mariya, byagiye bimushushanya mu buryo bunyuranye, bikohereza amafoto ye, agashyirwa muri iyi kiliziya.

Uhasanga abantu baturutse impande n’impande bagiye gusura iyi ngoro, gusa umubare munini abari ab’igitsina gore.

Uyu munsi kimwe n’ibindi bice bya Israel, ntabwo hakiri gusurwa cyane kubera intambara yugarije iki gihugu yatewe n’umutwe wa Hamas.

Zalina uyobora ba mukerarugendo biganjemo abo muri Amerika y’Epfo yabwiye IGIHE ati “ Ubusanzwe, nzana abantu baturutse muri Brésil, biba binejeje kubona buri mwaka, abantu bavuga indimi zitandukanye, bo mu mico itandukanye, ariko ubu, nta bantu benshi bakiza. Birababaje kubona aha hantu hameze gutya.”

“Impamvu ni uko abantu batinya kuza muri Israel, kuza mu Burasirazuba bwo hagati, kandi kuko sosiyete z’indege nyinshi zasubitse ingendo muri iki gihe. Nubwo abantu bashaka kuza, ntabwo babona uko baza.”

Iyi kiliziya igabanyije mu bice bibiri, harimo igice kimwe kigaragaza amateka y’aho Bikira Mariya yaherewe ubutumwa. Uyinjiyemo werekwa aho Bikira Mariya yari yicaye icyo gihe, ukerekwa n’inkingi bivugwa ko ariyo Malayika Gabuliyeli yari ahagazeho aya Yezu ubwo butumwa.

Mu gihe ahandi hubatswe neza, icyo gice cyo kiracyagaragaza ibisigisigi byo ha mbere.

Igice cyo hejuru cyayo, kigizwe n’ahantu hasomerwa Misa. Ni naho ubasha kubonamo ibishushanyo bijyanye n’ubuzima bw’ubuto bwa Yezu. Kuva yasamwa, akavuka, agahungishirizwa mu Misiri n’ibindi.

Hari Alitari ihoraho abantu bagiye gusenga, baba bashima Imana ku bw’ubuzima yabahaye, baniyambaza Bikira Mariya. N’ikimenyimenyi, ni uko abenshi mu baba bari aho, ni abari n’abategarugori bashaka kumenya amateka y’uyu mukobwa wasamye ari isugi. Ubona benshi bitwaje amashapule, bagenda mu nzira bayavuga.

Ni nako bimeze mu nkengero z’aka gace. Mu bintu bihacururizwa, harimo cyane ibigaruka kuri Bikira Mariya, ni ukuvuga amashusho ye, amashapule n’indi mitako ikunze kugaragara muri Kiliziya.

Buri munsi, abatuye muri aka gace, bateranira muri iyi kiliziya bagiye kwiyambaza Imana. Haba misa za buri gitondo mu Gitaliyani no mu Cyarabu.

Kuva i Nazareti kugera muri Lebanon harimo urugendo rw’isaha imwe. Ku mupaka wa Israel na Lebanon, mu minsi ishize, Umutwe wa Hezzbollah wahagabye ibitero bikomeye, byangiza ibikorwa remezo n’abaturage bakwira imishwaro hirya no hino.

Abatuye i Nazareti basobanura ko muri ibyo bihe byari bimeze.

Zalina ati “Mu gihe cy’intambara na Hezbollah, impuruza zumvikanaga hirya no hino mu gihugu na hano i Nazareti. Hezbollah ntirwanya Abayahudi bonyine, irwanya buri wese, batera ibisasu i Nazareti, agace gatuwe n’Abakirisitu hamwe n’Abayisilamu, batera ibisasu i Yeruzalemu, ni umujyi mutagatifu kuri bose, babitera hose mu gihugu, na hano hari impuruza […] ubu hari agahenge, ibintu byasubiye mu buryo ubuzima burakomeza nk’ibisanzwe.”

Muri iyi kiliziya harimo ikirugu kigaragaza urugendo rwose rw'ivuka rya Yezu
Abenshi basura iyi Kiliziya, ni abategarugori baba bagiye kwigira kuri Bikira Mariya
Ibihugu bitandukanye byashushanyije amafoto agaragaza Bikira Mariya, biyohereza i Nazareti
Kuri iyi Alitari ni ho bivugwa ko Bikira Mariya yari ahagaze ubwo yahabwaga ubutumwa na Malayika Gabuliyeri
Igice kigaragaza aho ayo mabonekerwa yabereye, kiracyagaragaza inyubako za kera
Aha hajya hakorerwa amasengesho hibukwa ibintu ivuka rya Yezu
Muri iki gihe, nta bantu benshi bayisura ugereranyije n'uko byari bimeze mu myaka ishize
Abayisilamu n'Abakirisitu batuye muri aka gace, babana mu mahoro
Agace iherereyemo, gatuwe cyane n'Abayisilamu
Ni agace kabaye nyabagendwa...
Amashapule ni kimwe mu bicururizwa muri aka gace ku bwinshi
Mu basura iyi kiliziya, harimo cyane n'Abayisilamu batuye muri aka gace

Amafoto na Video: Philbert Girinema


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .