00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Mujyi utekanye: Amafoto ya Goma igenzurwa na M23

Yanditswe na Niyonzima Moïse
Kuya 4 February 2025 saa 09:45
Yasuwe :

Goma, Umujyi wa ‘Wananzambe’ unafatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, urahumeka umwuka mushya nyuma y’iminsi mike y’imirwano yasize umutwe wa M23 utsinze ingabo za Leta zifatanyije n’imitwe irimo FDLR, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, iza Afurika y’Epfo n’abacanshuro bo muri Romania.

Ubu bwa mbere mu myaka myinshi, abaturage b’i Goma bararyama bagasinzira, bakagenda nijoro, nta nkomyi.

Anastasie, ni umubyeyi umaze imyaka irenga ine i Goma, aherutse kubwira IGIHE ko atari azi ko M23 ari abantu beza, bakorera Imana, cyane ko mu myaka amaze mu nkambi i Goma aribwo bwa mbere yabashije kurara adashikakugirika. Ni aho yahereye agaruka kuri rya jambo twatangiriyeho rya Nzambe.

Ubusanzwe “Nzambe” ni ijambo ry’Ilingala risobanura Imana. Ryakunze gukoreshwa mu ndirimbo nyinshi z’abahanzi bo muri RDC ndetse ryageze aho rinifashishwa mu gihe hari ushaka kuvuga abaturage bo muri iki gihugu, akabita ‘Wananzambe’ cyangwa ‘Bananzambe’.

Mu mpera z’icyumweru gishize IGIHE yatembereye Umujyi wa Goma mu bice bitandukanye. Kuva ku mupaka w’u Rwanda na RDC wa La Corniche, kugera mu Bilele, Gouvernorat, Quartiers les volcans n’ahandi, hari umwuka udasanzwe.

Abaturage basubukuye ibikorwa byabo nk’ibisanzwe nubwo ibisigisigi by’intambara bikihagaragara. Hamwe mu hantu habereye urugamba rukomeye, ni ku musozi wa Goma, uzwi nka Mont Goma.

Abaturiye muri ako gace bavuze ko ku wa Kabiri ariho abasirikare bari banze kuva ku izima bari bari, mu kigo cya gisirikare cya Katindo kiri mu Mujyi wa Goma rwagati. Muri Camp Katindo, ni ho ku munsi wa kabiri w’imirwano i Goma hari nk’ibirindiro bikuru by’abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo za FARDC.

Uwageraga ku marembo ya Camp Katindo mu mpera z’icyumweru, kimwe n’ahandi hose, yahasangaga ingabo za M23 arizo ziri kugenzura umutekano. Hafi aho, hari ibimenyetso by’uko habereye imirwano ikomeye, n’ikimenyimenyi hari imodoka ya gisirikare yari yikoreye ibikoresho birimo amasasu yahatwikiwe.

Stade de l’Unité imwe mu zikomeye ziri i Goma, nayo ni hamwe mu habereye imirwano, usibye kuba wabona nk’ahantu amasasu yaguye ku rukuta, nta kindi kintu na kimwe kigaragaza ko habereye intambara ikomeye.

Ukomeje mu bindi bice, mu nzira yerekeza ku Kibuga cy’Indege cya Goma, uhabona abarwanyi ba M23. Ubwo twageraga mu Bilele, twahuye nabo, ku manywa y’ihangu batambuka mu isoko, abaturage bababonye bakabapepera.

Mu nzira tugana ku Kibuga cy’Indege cya Goma, twanyuze ku birindiro by’Ingabo za Loni ziri mu butumwa bwa Loni, yaba ahakorera Ingabo za Uruguay n’iza Sénégal. Zose zikomeje akazi kazo nk’ibisanzwe.

Amakuru IGIHE ifite ni uko nibura abasirikare barenga 2100 ba RDC bahungiye mu maboko y’Ingabo za Loni, Monusco, ubwo imirwano yari ikajije umurego. Ntabwo haramenyekana ikigomba gukurikiraho kuri bo, niba bagomba kwishyikiriza umutwe wa M23 bakamanika amaboko nk’abatsinzwe cyangwa se niba bazinjira mu Rwanda bahunga nk’uko bagenzi babo babigenje.

Mu nzira tugana ku kibuga cy’indege, twahasanze abakozi ba Croix Rouge bagenzura neza niba nta hantu haba hari imirambo cyane ko muri ako gace habereye imirwano ikomeye ihanganishije M23 n’Ingabo za Leta zari zihafite ibirindiro.

Ikibuga cy’Indege cya Goma muri iki gihe ntabwo kiri gukora, tuhagera twasanze abarwanyi ba M23 aribo bahagenzura. Abaturage bahanyuraga, baganiraga nabo babisanzuyeho nta kibazo.

Goma ni u mujyi uri ku buso bwa kilometero kare 75.72 [nibura ni hegitari 7 572 z’ubutaka], utuwe n’abaturage miliyoni ebyiri. Batuye mu buryo bucucitse. Ubukungu bwa Goma bwubakiye ku bucuruzi buciriritse, aho usanga ahenshi amaduka mato [boutique] atangira serivisi ku nkengero z’imihanda; uburobyi; ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibindi.

Ibyo byose muri iki gihe byongeye gukora nk’ibisanzwe.

Abayobozi b’Umutwe wa M23 baherutse gutangaza ko nyuma yo kwigarurira Umujyi wa Goma, urugamba rukomereje mu bindi bice kugeza i Kinshasa kugira ngo bakureho ubuyobozi bwa Tshisekedi bukomeje gutsikamira abaturage cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi bakaba barabaye impunzi mu bihugu by’amahanga birimo n’u Rwanda.

Ku mupaka, abantu baba ari benshi bamwe bava mu Rwanda abandi binjira
Abarwanyi ba M23 ni bo bagenzura umupaka ku ruhande rwa RDC
Abantu benshi batunguwe n'uburyo ibintu byahise bisubira mu buryo i Goma nyuma y'iminsi itatu y'imirwano
Goma ituwe n'abaturage basaga miliyoni ebyiri, ikaba Umujyi uhana imbibi n'uwa Gisenyi mu Karere ka Rubavu
Ubucuruzi bw'ibyo kurya bukorerwa ku mihanda nk'uko byari bisanzwe na mbere
Imodoka zikoreshwa mu bwikorezi bw'ibintu runaka, zifashishwa no kugeza abakozi bamwe na bamwe ku kazi
Imodoka za Twegerane 'Hiace' zifashishwa mu bwikorezi bw'abantu n'ibintu. Umubare w'abazigendamo ushobora kurenga uwagenwe
Hotel ziri muri Quartier Himbi zasubukuye imirimo yazo nk'ibisanzwe
Ahitwa kuri Gouvernorat ni ho hari hatuye Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru, Peter Cirimwami, uherutse kwicwa
Abakora ibikorwa by'ubucuruzi basubukuye akazi kabo nk'ibisanzwe nta nkomyi
Abamotari mu mihanda y'i Goma bagenda hose batikandagira ugereranyije n'uko byari bimeze mu minsi yashize
Abakora umwuga wo kuvunja amafaranga baba bari mu kazi nk'ibisanzwe bafasha ubikeneye
Urujya n'uruza ni rwose mu Mujyi wa Goma nyuma y'aho amahoro agarutse M23 imaze gufata umujyi wa Goma
Ku mupaka, abantu baba ari benshi bamwe bava mu Rwanda abandi binjira
Abarwanyi ba M23 ni bo bagenzura umupaka ku ruhande rwa RDC
Abantu benshi batunguwe n'uburyo ibintu byahise bisubira mu buryo i Goma nyuma y'iminsi itatu y'imirwano
Goma ituwe n'abaturage basaga miliyoni ebyiri, ikaba Umujyi uhana imbibi n'uwa Gisenyi mu Karere ka Rubavu
Ubucuruzi bw'ibyo kurya bukorerwa ku mihanda nk'uko byari bisanzwe na mbere
Imodoka zikoreshwa mu bwikorezi bw'ibintu runaka, zifashishwa no kugeza abakozi bamwe na bamwe ku kazi
Imodoka za Twegerane 'Hiace' zifashishwa mu bwikorezi bw'abantu n'ibintu. Umubare w'abazigendamo ushobora kurenga uwagenwe
Hotel ziri muri Quartier Himbi zasubukuye imirimo yazo nk'ibisanzwe
Ahitwa kuri Gouvernorat ni ho hari hatuye Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru, Peter Cirimwami, uherutse kwicwa
Hafi ya Camp Katindo, hari imodoka z'Ingabo za FARDC zarashwe na M23 zitwaye ibikoresho
Moto ziracyatwara abantu benshi nk'ibisanzwe
Hari hashize iminsi amazi yarabaye ikibazo mu Mujyi wa Goma ariko ibintu bigenda bijya mu buryo
Icugutu riri mu bikoreshwa na benshi mu gutwara ibintu bitandukanye
Hari hashize iminsi amazi yarabuze mu mujyi, ariko n'aho imiyoboro yangiritse yatangiye gusanwa
Umusozi wa Mont Goma ni umwe mu yabereyeho imirwano ikomeye ku wa Kabiri w'icyumweru gishize
Inzira igana ku kibuga cy'indege cya Goma ihora irimo abantu benshi
Mu gace ka Birere ni hamwe mu hakunze kuba hari abantu benshi. Iyo uhageze uhura n'imodoka za M23 ndetse ukabona n'abarwanyi b'uyu mutwe bagenda mu nzira zinyuranye bacunga umutekano
Inyubako zikoreramo ibigo bitandukanye, zongeye gufungura imiryango nk'ibisanzwe
Muri rond point yo mu Mujyi wa Goma rwagati abantu baba bahagiye bagiye kuruhuka
Ku muhanda werekeza mu Bilele, hari gukorwa imiyoboro y'amazi
Abantu baba ari uruvunganzoka mu Bilele, buri wese ashakisha uko yabona amaramuko binyuze mu bikorwa bye by'ubucuruzi
Imodoka za M23 ziba zizenguruka hirya no hino mu Mujyi
Ugeze i Goma ntiwatekereza ko mu minsi mike ishize, uyu mujyi wari isibaniro y'imirwano
Ingabo za Loni zikorera mu Mujyi wa Goma ziracyakora nk'ibisanzwe
Ku marembo y'ahari ibirindiro by'Ingabo za Sénégal ziri mu butumwa bwa Loni

Amafoto: Niyonzima Moise


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .