Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane Perezida Museveni abinyujije kuri Twitter, yashyizeho ifoto ari kwinjira mu ndege ya gisirikare, avuga ko yerekeje i Kigali.
Nyuma y’amasaha make, yagaragaye ari ku mupaka wa Gatuna, ari gusuhuza abaturage bari bahari ari nabwo yakirwaga na Minisitiri ushinzwe Ibikorwaremezo, Dr Ernest Nsabimana.
Amakuru IGIHE yamenye ni uko Museveni yakoresheje Kajugujugu ikamugeza hakurya y’Umupaka wa Gatuna ubundi akambuka agana mu Rwanda akoresheje imodoka.
Urugendo rwe yahise arukomereza mu Mujyi wa Kigali, aho yageze asanga abaturage benshi ku mihanda biteguye kumwakira. Mu nyubako zitandukanye za Nyabugogo abaturage bari ikivunge bapepera uyu muyobozi.
Muri ibi bice kuzamuka kugera ku Muhima ugakomereza mu Mujyi wa Kigali rwagati na Kimihurura umutekano wari wakajijwe.
Abinyujije kuri Twitter, Perezida Museveni yavuze ko yishimiye uko Abanyarwanda bamwakiriye.
Ati “Nageze i Kigali mu Rwanda, aho nitabiriye Inama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Commonwealth (CHOGM). Ndashimira Abanyarwanda ku ikaze mwampaye. Murakoze cyane!
Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda mu gihe ibihugu byombi byatangiye inzira yo kuzahura umubano wabyo no kwiyunga.
Yaherukaga mu Rwanda mu 2017 ubwo habaga ibirori byo kurahira kwa Perezida Kagame.




Andi mafoto yerekana uko byari byifashe i Nyabugogo








TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!