00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umunyarwanda akuriranyweho gusambanya umwana no kumwica

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 June 2026 saa 08:31
Yasuwe :

Umunyarwanda w’imyaka 28, Vicent Mashengesho uzwi ku izina rya Fit Fit, yashyikirijwe Urukiko rwo muri Uganda, akurikiranyweho ibyaha bikomeye byo gusambanya no kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 16 witwa Munezero.

Nk’uko byemejwe n’urukiko rw’Ibanze rwa Kisoro, uyu mugabo ashinjwa ko iki cyaha yagikoze ku wa 25 Kamena 2026, mu gace ka Kamonyi muri Kisoro.

Ibiteganyijwe ko iburanishwa ry’uyu mugabo rizakomeza ku wa 23 Nyakanga 2026, kuko hagikorwa iperereza. Nibwo hazasobanurwa neza imikorere y’iki cyaha.

Mu rwego rw’ubwirinzi n’umutekano w’abaturage, Depite uhagarariye Kisoro, Sam Byibesho, yasabye abaturage kwirinda kugenda bonyine mu masaha y’ijoro. Uretse ibyo, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Umuryango uharanira iterambere ry’abo mu bwoko bw’Abatwa ari nabo uyu mwana w’umukobwa yabarizwagamo, Peninah Zaninka, yavuze ko mu gihe uyu ukekwaho icyaha yahamwa nacyo, agomba guhanwa by’intangarugero.

Ubu bwicanyi n’icyaha cy’ubusambanyi bikomeje gutera impaka n’impungenge mu baturage bo muri ako gace, cyane cyane ku bijyanye n’umutekano w’abana n’urubyiruko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages