00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubusinzi no gucana inyuma mu ntambamyi z’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abana mu Rwanda

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 20 September 2025 saa 12:32
Yasuwe :

Ubusinzi, kutagira umwanya wo kuganira kw’abagize umuryango, guharabika no gucana inyuma no gukoresha nabi umutungo w’urugo ni bimwe mu bibazo bikibangamiye iyubahirizwa ry’ihame ry’uburenganzira bw’abana muri sosiyete nyarwanda.

Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Umuryango muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, Umuhire Christiane, ubwo yari mu nama ya komite ishinzwe igenzura n’iyubahirizwa ry’ubureganzira bw’umwana n’ubw’abafite ubumuga.

Umuhire yagaragaje ko amakimbirane akunze kubarizwa mu miryango ari yo akenshi abana bishora mu biyobyabwenge biyongera kuko iyo umwana atitaweho uko bikwiriye yishora mu ngeso mbi.

Ati “Usanga iwacu mu ngo ari ho bipfira kubera ubusinzi, gucana inyuma n’ibindi bishobora gutuma umwana atisanga mu rugo bikarangira yisanze mu muhanda.”

Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere, RGB, mu 2024, bugaragaza ko ubusinzi buza imbere mu bibazo bikunze kugaragara mu muryango ku kigero cya 82.8%, bigakurikirwa no kutagira umwanya wo kuganira mu bagize umuryango biri kuri 82.6, guharabika no gucana inyuma byo ni 75.2% mu gihe gukoresha nabi umutungo w’urugo biri kuri 74%.

Umuhire yavuze ko kubera ko umwana aba ari umunyantenge nke akenshi biba bigoye ko yakwakira ibyo bibazo ugasanga bimuviriyemo kujya mu muhanda cyangwa kwishora mu bikorwa bibi by’ubusambanyi kandi bakiri bato.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Umurungi Providence, yagaragaje ko nubwo mu Rwanda hagiye hakorwa byinshi birimo gushyiraho amategeko, politiki n’ingamba zo gushyira mu bikorwa uburenganzira bw’abana byagiye bigaragara ko hakiri ibyuho byo kuzishyira mu bikorwa.

Ati “Akenshi iyo tugiye mu bigo ngororamuco usanga tugisangamo umubare munini w’urubyiruko n’abana bagongana n’amategeko ariko abenshi usanga biterwa n’amakimbirane ari mu miryango arimo ubusinzi, ababyeyi bata inshingano ndetse ugasanga abenshi ariyo mpamvu bakomeje kujya mu mihanda.”

Haganiriwe ku ngamba zafatwa mu guhangana n'ibibazo bikomeje gutuma uburenganzira bw'abana butubahirizwa
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Umurungi Providence, yasabye inzego zitandukanye gufatana urunana mu kurengera abana
Haganiriwe ku ngamba zafatwa mu guhangana n'ibibazo bikomeje gutuma uburenganzira bw'abana butubahirizwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages