00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uburezi iyo bubaye bubi buhinduka uburozi – Meya Mulindwa ku rubyiruko rwa ULK Rubavu

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 23 May 2025 saa 09:34
Yasuwe :

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yibukije urubyiruko rwiga muri Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi ko uburezi bwiza bubafasha gutera imbere no guteza imbere igihugu, ariko ko iyo bubabye bubi buhinduka uburozi.

Ibi yabigarutseho mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31, cyabereye muri iri shuri, kuri uyu wa gatanu tariki 23 Gicurasi 2025.

Yagize ati “Turi ku ishuri rihurirwamo n’abantu b’urubyiruko, rihuza abanyabwenge hakabaye hava ibisubizo kuruta uko hava ibibazo, kuko uburezi ari inzira yo gutera imbere no guteza imbere Igihugu, iyo bubaye bubi dukwiriye kubwita uburozi, by’umwihariko hari benshi bagakumiriye Jenoside yakorewe Abatutsi bari barize ahubwo bayijanditsemo kubera uburezi bubi bari barahawe.”

Meya Mulindwa yakomeje avuga ko ibyiyongeraga kuri siyansi abanyeshuri bigaga birmo kuyigoreka ari byo byahindutse uburozi bigera ubwo umuntu afata umuhoro akayobora igitero ntatekereze ko umuntu ari nk’undi.

Yibukije uru rubyiruko ko ishuri rikwiye kubabera umwanya mwiza wo gukorera igihugu no kurinda abanyarwanda, ntiribabere inzira y’amacakubiri, bakita ku byiza bakirinda ikigare.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Rubavu, Mbarushimana Gerard, mu butumwa yahaye uru rubyiruko rw’abanyeshuri yarwibukije guhangana n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi barabeshya ndetse baranashinyagura, kuko harimo abitwaza ihanuka ry’indege kandi mu Gihugu cy’u Rwanda si ho honyine indege yaguye, n’ahandi ziragwa, birababaje kubona uruhinja rwicwa ngo ni uko indege yaguye kandi rutazi iby’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, nimwibaze umurwayi uri mu bitaro udafite imbaraga kwicwa ngo ni uko indege yaguye, rubyiruko rero ntimugashukwe, ahubwo muhangane n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Yibukije kandi uru rubyiruko ko Jenoside yateguwe n’abarimo abarimu ba Kaminuza bishe bagenzi babo n’abanyeshuri bica bagenzi babo.

Ati “Birababaje ko abahakana Jenoside bakanapfobya Jenoside harimo abize Kaminuza, bisa nk’aho Jenoside yakorewe Abatutsi nta somo yabasigiye. Ni ipfunwe rikomeye kubona intiti zize zirimo abagize uruhare muri Jenoside, muharanire gukumira ikibi cyose kiganisha ku ivangura n’ipforya rya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yasabye uru rubyiruko guhangana n’abifuza gusubiza u Rwanda mu icuraburindi rya Jenoside bakiri mu mashyamba ya Congo, abasaba kunga ubumwe kugira Jenoside yakorewe abatutsi ntizasubire ukundi.

Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko iyo Uburezi bubaye bubi buhinduka uburozi
Umuyobozi wa kaminuza ya Kigali ishami rya Gisenyi wungirije ushinzwe amasomo, Hagumimana Frank, muri iki gikorwa cyo Kwibuka
Abanyeshuri bo muri ULK Ishami rya Gisenyi bitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31
Abarimu ni abakozi muri iyi Kaminuza bitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31
Abayobozi batandukanye bitabiriye Kwibuka 31 muri ULK Ishami rya Gisenyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .