00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubufatanye bw’u Rwanda, Kenya na Tanzania buzarufasha gucuruza ibikomoka kuri peteroli mu karere -Minisitiri Kajangwe

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 7 July 2026 saa 09:33
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Antoine Marie Kajangwe yavuze ko amasezerano y’ubufatanye u Rwanda ruheruka kugirana na Kenya hamwe na Tanzania, azarufasha gucuruza ibikomoka kuri peteroli mu bihugu byo mu Karere.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA, aho yagarutse kuri aya masezerano y’ubufatanye u Rwanda rwasinye na Sosiyete zo muri Kenya na Tanzania yemerera Leta y’u Rwanda kwitumiriza ibikomoka kuri peteroli hirya no hino ku Isi bikanyura ku Cyambu cya Mombasa na Tanga.

Ku wa 29 Kamena 2026, u Rwanda rwagiranye na Kenya amasezerano y’ubufatanye ajyanye no gutumiza ibikomoka kuri peteroli binyuze ku cyambu cya Mombasa. Ayo masezerano agamije gufasha u Rwanda kubona ububiko, ubwikorezi n’imiyoboro ya peteroli muri Kenya.

Ayo masezerano azashyiraho uburyo bwa Leta ku yindi mu gutumiza peteroli, bikaba byitezwe ko bizafasha u Rwanda kongera umutekano w’ibikomoka kuri peteroli, kugabanya inzitizi mu bwikorezi no gutuma itumizwa ryabyo riba riteganyijwe neza.

Yakurikiwe n’ayo u Rwanda rwasinye na Tanzania yo gutumiza lisansi na mazutu binyuze ku cyambu cya Tanga.

Ni amasezerano yasinywe na RNEC na Gulf Bulk Petroleum Tanzania Limited (GBP).

Aya masezerano yose yaje mu gihe mu Rwanda n’ahandi ku Isi hakomeje kugaragara izamuka rikomeye ry’ibiciro bya lisansi na mazutu.

Minisitiri Kajangwe yavuze ko binyuze muri aya masezerano bizafasha u Rwanda gucuruza ibikomoka kuri peteroli mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

Ati “Turizera ko bishobora kuzakomeza ubucuruzi bwo mu Karere, u Rwanda aho ruherereye rukabasha gucuruza mu bindi bihugu duturanye ibikomoka kuri peteroli. Icyifuzo ni uko dufite ibikomoka kuri peteroli bwa peteroli buhagije bishobora guhaza isoko Nyarwanda bigahaza n’isoko ryo mu Karere.”

U Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja, rutumiza ibikomoka kuri peteroli byose binyuze ku butaka, ahanini rukoresheje ibyambu bibiri, icya Dar es Salaam muri Tanzania na Mombasa muri Kenya.

Minisitiri Kajangwe yavuze ko ubufatanye bw’u Rwanda, Kenya na Tanzania buzarufasha gucuruza ibikomoka kuri peteroli mu bindi bihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages