Iri tangazo ryasohotse mu gihe kuva tariki ya 23 Mutarama, abarwanyi ba M23 bahanganiye n’ihuriro ry’Ingabo za RDC mu Mujyi wa Sake no mu nkengero ndetse no muri Gurupoma ya Kibumba muri teritwari ya Nyiragongo.
Ku mwanzuro w’iri tangazo, MONUSCO yavuze ko ishimangira ubutumwa bw’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, busaba impande zirebwa n’ibiganiro by’amahoro kubisubukura “kugira ngo zishake igisubizo kirambye kandi cya nyuma cy’amakimbirane yateye benshi guhunga”, n’ububabare.
Ibiganiro MONUSCO ivuga ko ni ibihuriza u Rwanda na RDC i Luanda, biyoborwa na Perezida João Lourenço wa Angola kuva mu mwaka wa 2022. Ubuyobozi bwa M23 bwagaragaje ko imyanzuro ifatirwamo itabureba by’ako kanya kuko butemererwa kubyitabira.
Ibiganiro bya Luanda byari bishyigikiwe n’Umuryango Mpuzamahanga, byahagaze mu Ukuboza 2024 bitewe n’uko u Rwanda na RDC bitemeranyije ku cyifuzo cya M23 cyo kuganira mu buryo butaziguye na Leta ya RDC, kugira ngo bishakire hamwe amahoro arambye.
U Rwanda rwasobanuye ko amahoro arambye yashoboraga kugaruka mu burasirazuba bwa RDC no mu karere muri rusange, iyo impande ziri mu biganiro bya Luanda zemeranya ku ngingo eshatu: gusenya FDLR, gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyize ku mupaka n’ibiganiro bitaziguye bya M23 na Leta ya RDC; kandi bigashyirwa mu bikorwa.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, kuri uyu wa 25 Mutarama yatangaje ko ubusabe bwa MONUSCO “bw’igisubizo cya nyuma” buteye ikibazo kandi ko “bukwiye kwamaganwa”, bukanakurwa muri iri tangazo kuko ibiganiro bya Leta ya RDC na M23 ari byo byabonekamo igisubizo cy’amahoro arambye.
Ati “Iri jambo rutwitsi riri mu itangazo ry’ubutumwa bw’amahoro bwa Loni, rifite inshingano y’ibanze yo kutababaza abantu, si ryo. Ibiganiro hagati ya Guverinoma ya RDC n’umutwe ukomoka mu Banye-Congo bababajwe, bazira itoteza ryateguwe, ni bwo buryo bwonyine bwo gukemura aya makimbirane.”
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amagambo MONUSCO ikoresha agaragaza neza uburyo ikomeje gushyigikira ihuriro ry’ingabo zirimo FDLR; umutwe w’iterabwoba washinzwe n’abajenosideri, kandi wafatiwe ibihano na Loni.
Minisitiri Nduhungirehe yibukije kandi ko MONUSCO ivuga ko ibiganiro by’u Rwanda na RDC byavamo igisubizo cya nyuma, ikorana n’abacanshuro b’Abanyaburayi barenga 1600, bihabanye n’ihame rya Loni ryo mu 1989, ribuza ibihugu gukoresha abacancuro.
Yashimangiye ko MONUSCO ikorana n’ingabo z’u Burundi zirenga ibihumbi 10 n’imitwe y’abagizi ba nabi igize ihuriro Wazalendo na Nyatura, yahamijwe ibyaha byo kwica abasivili benshi mu Burasirazuba bwa RDC, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside kandi inagaragaza ko inyotewe no guhindura ubutegetsi bw’u Rwanda.
Ati “Yirengagije ubwiyongere bw’imvugo zibiba urwango, itoteza n’ubwicanyi bukorerwa Abanye-Congo b’Abatutsi no gutwika umudugudu wose ugakongoka; ibi bigaragarira neza mu magambo ikoresha.”
M23 yamaganye kenshi ubufasha MONUSCO ikomeje guha ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, iyimenyesha ko yiteguye gukoresha uburenganzira bwose ifite bwo kwirwanaho, mu guhangana n’abasirikare bayo mu gihe bakomeza kuyigabaho ibitero.
This call by MONUSCO for a final solution is shocking and needs to be condemned and retracted. Such incendiary language in a statement by a @UN peacekeeping mission, whose primary stated objective is to do no harm, is wrong. Dialogue between the DRC government and the rebels from… pic.twitter.com/iOVhx4dJ8e
— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) January 25, 2025
When a @UN Mission, which failed over a quarter of a century to eradicate armed groups in Eastern DRC,
1) Supports a military coalition that includes a UN-sanctioned genocidal force it was supposed to neutralize;
2) Collaborates with more than 1,600 European mercenaries,… https://t.co/AligxBd3z0
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) January 25, 2025
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!