Itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bukuru bw’abinjira n’abasohoka mu gihugu rigaragaza ko mu bahawe ubwenegihugu harimo 26 bavukiye mu Burundi, 20 bavukiye muri RDC, icyenda bavukiye muri Uganda n’umunani bavukiye muri Amerika.
Harimo batandatu bavukiye mu Bubiligi, batanu bavukiye muri Cameroun, bane bavukiye muri Kenya na batatu bavukiye mu Rwanda ku babyeyi bakomoka mu mahanga.
Canada, u Buholandi, Repubulika ya Congo, u Busuwisi na Tanzania bifite abantu babiri babiri babivukiyemo bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.
Abagera kuri 60% mu bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 30 na 49 y’amavuko, bigaragara ko bafite imbaraga zo gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.
Abakurikiraho mu bwinshi ni abafite imyaka iri hagati ya 50 na 64, abarengeje imyaka 65 ndetse n’urubyiruko rufite imyaka iri munsi ya 30. Umuto afite imyaka 5, umukuru afite imyaka 81.
Ubwenegihugu bw’u Rwanda bwatangiye gukora tariki ya 24 Nyakanga 2026, nk’uko igazeti ya Leta iri tangazo ryasohotsemo ribigaragaza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!