00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwadufashe neza; Impumeko y’abacanshuro ba RALF mbere yo kwerekeza iwabo (Amafoto)

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 1 February 2025 saa 03:17
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Gashyantare 2025, nibwo umucanchuro wa mbere mu barwanaga ku ruhande rw’igisirikare cya FARDC mu guhangana n’umutwe wa M23, yari yuriye indege ya Hi Fly Malta Airbus A330, yahagurukiye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali.

Bose hamwe uko bari 290, bari barageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa 29 Werurwe 2025, bavuye i Goma nyuma yo gusabirwa inzira ngo basubire iwabo, dore ko bari bamaze gutsindirwa ku rugamba na M23.

Aba bacanshuro barimo abo mu mutwe wa RALF wo muri Romania, abo mu Ihuriro ry’ibigo byigenga bya gisirikare [MPC], Ajemira, ryo muri Bulgaria n’ahandi.

Muri Kivu y’Amajyaruguru habarirwaga abacanshuro bagera kuri 800 bo mu mutwe wa RALF, aho uretse kurinda Goma, banarindaga Umujyi wa Sake.

Benshi muri aba banyuze mu Rwanda ntibifuzaga kuganira n’itangazamakuru, gusa bake mu bagize icyo batangaza, bagarukaga ku cyo bakoraga muri RDC.

RDC ni igihugu kimenyerewe cyane ku kwifashisha aba barwanyi, baba barajwe ishinga no gukora igishoboka kugira ngo bigwizeho umutungo. Urugero rufatika, abacanshuro ba mbere bavuzwe muri Congo mu myaka ya 1960, ikimara kubona ubwigenge.

Icyo gihe barwaniraga Moïse Tshombe wayoboraga Katanga n’inyeshyamba ze zari zariswe ‘Simba’. Tshombe wahoze ari inshuti ya Patrice Lumumba yari yarigometse ku butegetsi bwa Joseph Kasavubu.

Guverinoma ya Katanga yaje guseswa nyuma y’ubwumvikane na Leta, maze Moïse Tshombe aba Minisitiri w’Intebe wa RDC, yungiriza Perezida Joseph Kasavubu.

Mu 1965 Mobutu amaze guhirika ubutegetsi, na we yitabaje abacanshuro ngo bamufashe kwirukana inyeshyamba za Simba mu bice bitandukanye.

Ibihugu by’i Burayi nk’u Bufaransa, u Bubiligi n’ibindi byohereje abacanshuro babyo, baza gufasha ingabo za Leta guhangana na Simba.

Uretse n’imyaka ya kera, mu minsi ishize hagiye haboneka amashusho agaragaza bamwe mu bayobozi i Kinshasa barinzwe n’aba barwanyi.

Muri aba bari biteguye gutaha bahagurukiye i Kigali, hari abavuze ko uretse RDC, bagiye barwanira no mu bindi bihugu birimo Afurika y’Epfo, n’ahandi.

Icyakora benshi bagiye bahuriza ku kuba barakiriwe neza kuva bakinjira ku mupaka wa La Corniche [Grande Barrière] mu Rwanda, n’igihe cyose bari bahamaze. Benshi banyuzwe no kuba basubiye mu miryango yabo.

Aha haburaga iminota mike mu aba bacanshuro batangire kurira indege
Benshi ntabwo bifuzaga kuvugana n'itangazamakuru
Aba bacanshuro bavuze ko bishimiye igihe bari bamaze mu Rwanda kuko bafashwe neza
Bamwe muri aba bacanshuro bari bambaye ingofero za Monusco
Aba bacanshuro batsinzwe ku rugamba bari bahanganyemo na M23 mu Burasirazuba bwa Congo
Bamwe bari bambaye ibiriho ibirango bya Monusco
Muri bo, hari harimo n'abakomeretse bikekwako byatewe n'intambara
Aba bacanshuro ni abagabo usanga bararwanye intambara nyinshi
Bamwe bari bambaye imyambaro ihisha amasura yabo
Saa 10:40 nibwo umuntu wa mbere yari yuriye iyi ndege
Bari banyuzwe n'uko bafashijwe gutaha bakaba bagiye gusubira mu miryango yabo
Benshi muri aba bacanshuro bari bahishe amasura yabo
Aba bacanshuro bari bishimiye mu bihugu byabo
Indege ya Hi Fly Malta Airbus A330, niyo yifashishijwe mu gucyura aba bacanshuro
Bose bagendeye rimwe muri iyi ndege ya Hi Fly Malta Airbus A330
Iyi foto yafashwe ubwo iyi ndege yiteguraga guhaguruka ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali
Saa 11:35 nibwo iyi ndege yari ihagurutse ku butaka bw'u Rwanda

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages