00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda na Jordanie mu biganiro byo kwagura ubufatanye mu bya gisirikare

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 27 February 2025 saa 08:24
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye mugenzi we wa Jordanie, Maj Gen Yousef A. Al Hnaity, bagirana ibiganiro byibanze ku kwagura umubano w’ibihugu byombi mu bya gisirikare.

Maj Gen Yousef A. Al Hnaity uri mu Rwanda ku wa 26 Gashyantare 2025, yusuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, yakirwa na Gen Mubarakh Muganga.

Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira ubufatanye mu nzego za gisirikare z’ibihugu byombi.

Maj Gen Yousef A. Al Hnaity kandi yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, na byo byibanze ku kurebera hamwe uko barushaho gushimangira Umubano.

Ibihugu byombi bisanganywe umubano mwiza mu ngeri zitandukanye.

Mu 2024, Leta y’u Rwanda n’Ubwami bwa Jordanie byashyize umukono ku masezerano y’ubutwererane mu nzego zirimo ubuhinzi, ubukungu n’ubucuruzi ndetse n’ajyanye n’ubuzima n’ubuvuzi.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 7 Mutarama 2024, mu muhango wakurikiranywe n’Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein wa Jordanie wari mu ruzinduko mu Rwanda ndetse na Perezida Paul Kagame.

Ayo masezerano yiyongereye ku yandi ibihugu byombi byari bisanzwe bifitanye arimo ajyanye no guhana ibitekerezo mu bya politiki hagamijwe gushimangira ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari, ubukerarugendo n’ubuhinzi.

U Rwanda na Jordanie byaganiriye ku kwagura umubano mu bya gisirikare
Ubwo Umugaba Mukuru w'Ingabo za Jordanie, Maj Gen Yousef A. Al Hnaity, yakirwaga ku cyicaro cy'Ingabo z'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .